Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibinezaneza byasendereye umutima wa Christopher nyuma yo gufata ‘Selfie’ na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
04/07/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibinezaneza byasendereye umutima wa Christopher nyuma yo gufata ‘Selfie’ na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Christopher Muneza ari mu byishimo, nyuma yo kugira amahirwe yo kwifata ifoto [selfie] ari kumwe na Perezida Paul Kagame.

Ni mu ijoro ry’igitaramo cyo ku Cyumweru tariki 02 Nyakanga 2023, ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga abo mu ngeri zinyuranye mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 29 yo Kwibohora.

Iri joro ryaranzwe n’ibyishimo, ryitabiriwe n’abo mu ngeri zinyuranye biganjemo urubyiruko, rwarimo n’abahanzi ndetse n’abakora mu nzego zinyuranye.

Umuhanzi Christopher, yahagiriye ibihe bitazibagirana, kuko yaboneyeho no gufata ifoto na Perezida Paul Kagame.

Ni ifoto yafashe ubwo uyu muhango wari uri guhumuza, uyu muhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda, yahise yegera Umukuru w’Igihugu amusaba ko bifotozanya Selfie, aramwemerera.

Umuhanzi Christopher ari mu byishimo bidasanzwe

Nyuma yo gufata iyi foto, umuhanzi Christopher yayishyize ku mbuga nkoranyambaga ze, ayishyiraho ubutumwa agira ati “Ibihe bitazibagirana, byo gufata ifoto yahoze mu nzozi zanjye hamwe n’ikitegererezo cyanjye.”

Muri uyu muhango, Perezida Paul Kagame yageneye ubutumwa Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko, abibutsa ko umwanya nk’uyu wo kuzirikana Kwibohora k’u Rwanda, ari n’uwo gutekereza ko ibyo u Rwanda rugezeho, rubikesha amateka aremereye yanditswe n’abemeye kumena amaraso yabo.

Yasabye Abanyarwanda by’umwihariko abakiri bato, kutemera ko aya mateka “yanditswe mu maraso, [keretse mubyemeye], ntabwo yaza ngo asibwe n’amateka yanditswe n’ikaramu. Amateka yanditswe mu maraso n’ayanditswe muri wino, murumva aho bitandukaniye.”

Image
Perezida Kagame yasabye Urubyiruko kutazemera ko hari uwatoba amateka y’u Rwanda
Muri uyu mugoroba harimo n’abakora mu ruganda rw’imyidagaduro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + sixteen =

Previous Post

Uwabonye haba impanuka y’abana batatu yavuze ikikango yabateye n’uburyo byagenze

Next Post

Incamake maramatsiko z’urugamba rwo Kwibohora rwabaye umuzi w’iterambere ntangarugero

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Incamake maramatsiko z’urugamba rwo Kwibohora rwabaye umuzi w’iterambere ntangarugero

Incamake maramatsiko z’urugamba rwo Kwibohora rwabaye umuzi w’iterambere ntangarugero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.