Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi yongeye kubwizwa ukuri kumurya mu matwi akwirengagiza yitwaje u Rwanda

radiotv10by radiotv10
07/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi yongeye kubwizwa ukuri kumurya mu matwi akwirengagiza yitwaje u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa wagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira ya Demokarasi ya Congo, yavuze ko Perezida Tshisekedi agomba kwemera ko habaho ibiganiro ku bibazo byo mu burasirazuba bw’Igihugu cye, we akavuga ko atabyanze, ahubwo ko ngo byatewe n’imyitwarire y’u Rwanda.

Ingaruka z’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo; ndetse n’uburyo bushobora kuzishyiraho iherezo; ni kimwe mu byaranze ibiganiro bya Perezida Cyril Matamela Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika ya Democracy ya Congo.

Ramapfosa uri i Kinshasa yavuze ko Perezida Tshisekedi agomba gushyira imbere inzira y’ibiganiro kuko ari bwo buryo bwemejwe n’abahanga nk’inzira yizewe yo gukemura ibibazo.

Yagize ati “Iyo abantu bicaye bashakira hamwe uburyo bwo kubikemura. Kiriya kibazo cy’umutekano mucye kiri mu burasirazuba bwa congo; abayobozi b’ibihugu byo mu karere ndetse na Afurika Yunze Ubumwe bakiganiriyeho, SADC nayo igiye kubyinjiramo. Ibyo byose bigamije ibiganiro nshuti yanjye.”

Perezida Tshisekedi yavuze ko atigeze abangamira iyi nzira, ngo ahubwo ngo byatewe n’indi impamvu irimo n’u Rwanda.

Yagize ati “Ndashaka kuvuga ko ari inshuro ya mbere numvise ko nanze ibiganiro n’u Rwanda. ndashaka kubibutsa ko u Rwanda rutavugisha ukuri ku mpamvu rwateye Congo, ahubwo bavuga ko ari ibibazo by’imbere mu Gihugu cya congo. Bavuga ko biterwa na M23 irwanya Leta kubera ibiri kuba mu Gihugu, ariko buri wese arabizi ko ari ikinyoma. U Rwanda ntirwemera ko rwateye Congo, nyamara hari raporo zibyemeza.

Birumvikana ko kuganira n’u Rwanda bigoye mu gihe rutemera uruhare rwarwo muri ibyo bibazo. Ntibagomba kudusuzugura ngo batwoherereze itsinda rito ry’abantu ngo baze kuganira na Guverinoma yigenga kandi yemewe ku rwego mpuzamahanga. U Rwanda rwo ntirushaka kujya muri ibyo biganiro, ni yo mpamvu Repubyulika Iharanira Demokarasi ya Congo idashobora kwicarana n’iryo tsinda rito batwoherereza ngo tuganire kuri iyo ngingo y’umutekano.”

Iyo nzira y’ibiganiro u Rwanda rurayemera, ariko rukavuga ko inshuro zabanje zitatanze umusaruro. Ubu ngo babihariye inzego zahawe inshingano zo kubikemura.

Perezida Paul Kagame yabivugiye muri Qatar muri Gicurasi uyu mwaka, aho yagize ati “iki kibazo cyaduhuje inshuro nyinshi, kandi dushobora no kongera…”

Aba bakuru b’Ibihugu byombi bahuriye muri Angola inshuro nyinshi, ndetse hari n’ababahurije mu biganiro, nka Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron ubwo bari i New York mu Nteko rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.

Perezida Kagame na Tshisekedi kandi bagombaga guhurira i Doha muri Qatar, tariki ya 23 Mutarama 2023 ku butumire bw’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, ariko ntibyabaye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − one =

Previous Post

Tunisia: Abanyagihugu n’abimukira bamaze iminsi 3 bakozanyaho ku mpamvu ibabaje

Next Post

Hasobanuwe ibimenyetso bishingirwaho mu gushinja uregwa kwica umwana wababaje benshi yari abereye mukase

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyatangajwe n’abatangabuhamya bashinja Mukase wa Akeza kumwivugana

Hasobanuwe ibimenyetso bishingirwaho mu gushinja uregwa kwica umwana wababaje benshi yari abereye mukase

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.