Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Nta kwezi kurashira umuntu wa gatatu ukekwa ko ari igisambo yarashwe

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in MU RWANDA
0
Rubavu: Nta kwezi kurashira umuntu wa gatatu ukekwa ko ari igisambo yarashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gicuku cy’ijoro ryacyeye ahagana saa munani, inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu, zarashe ukekwa ko ari umujura, ahasiga ubuzima. Abaye uwa gatatu ukekwaho ubujura urashwe arwanya inzego mu gihe kitageze mu kwezi kumwe, mu Murenge umwe wa Rubavu.

Uyu ukekwaho kuba yari umujura uri mu kigero cy’imyaka 25 y’amavuko, yarasiwe mu Mudugudu wa Gafuku mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, avuga ko mu gicuku cyo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Nyakanga 2023, ahagana saa munani, abantu bari bavuye mu birori by’isabukuru y’inshuti yabo, batangiriwe n’abajura, bakababambura ibyo bari bafite nk’amatelefone n’amafaranga.

Ni bwo batabaje, inzego z’umutekano zihita zihutira kuhagera, ariko aba bakekwa kuba ari ibisambo batangira kurwanya Abapolisi, na bo bahita bitabara barasa umwe muri bo ahita apfa, abandi bakizwa n’amaguru.

Abatuye muri aka gace, baramukiye aharasiwe uyu ukekwaho kuba ari umujura, ari na bwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwaje gufata umurambo we, wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Gisenyi.

Uyu musore arashwe nta kwezi kurashira muri aka Karere ka Rubavu harashwe abandi bantu babiri bakekwaho ubujura, barimo uwarashwe mu gitondo cya kare ahagana saa kumi n’imwe tariki 26 Kamena 2023.

Uyu musore w’imyaka 26 warasiwe mu Mudugudu wa Bushengo mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Rubavu, yarashwe nyuma y’uko na we yari yivuganye umusaza w’imyaka 50 bakoranaga akazi ko kurara izamu mu rutoki ruherereye muri aka gace, ubwo yamusanganaga igitoki, yamubaza impamvu yagitemye, undi akamwica akoresheje ifuni.

Ubwo inzego zajyaga gufata uyu musore, yashatse kuzirwanya no kuzicika, na zo zihita zimurasa, ahasiga ubuzima.

Nanone kandi tariki 15 Kamena 2023, ahagana saa kumi n’imwe (05:00’) mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu, na bwo hari harashwe undi mu wari mu nsoreshore ziyise ‘Abazukuru ba Shitani’.

Uyu we yarashwe nyuma y’uko we n’izindi nsoresore zikora ibi bikorwa by’ubujura zashakaga kurwanya inzego z’umutekano zari zije kubafata nyuma y’uko aba bakekwaho ubujura baramukiraga mu muhanda batega abahisi n’abagenzi babambura ibyabo, ndetse banabakubita.

Abaturage bari baje kureba

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Perezida wo muri Afurika yatangaje icyemezo kinyuranye n’icya mugenzi we

Next Post

Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

IZIHERUKA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika
MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.