Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiza byahitanye Abanyarwanda barenga 100 hagaragajwe ingaruka bizagira ku bukungu

radiotv10by radiotv10
14/07/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibiza byahitanye Abanyarwanda barenga 100 hagaragajwe ingaruka bizagira ku bukungu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe imibare ya Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko uyu mwaka uzasiga ubukungu buzamutse ku kigero cya 6,2%; Banki y’Isi ivuga ko ibiza by’imvura biherutse kuba bikanahitana abantu 135, bishoborza kuzatuma iyi mibare y’izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda igabanukaho 0,4%.

Mu mezi abiri ashize, imvura idasanzwe yahitanye abantu 135, abandi ibasiga iheruheru, aho byangije imyaka yari kuri Hegitari 3 115, bihitana amatungo 4 255, binasenya inzu 6 044.

Ibi biza byaje bisanga Igihugu kiri kurwana ko kuva mu ngaruka za COVID-19, ndetse imibare igaragaza ko nihatagira igihinduka uyu mwaka uzasiga ubukungu bw’isi buzamutse ku rugero rwa 6.2%.

Banki y’Isi ishingiye ku cyerekezo cy’ubukungu bw’u Rwanda; ivuga ko butanga icyizere, icyakora ngo ingaruka z’imvura idasanzwe yaguye muri Gicurasi 2023; ishobora guhindura iyi mibare.

Ms Rolande Pryce akuriye ibikorwa bya Banki y’Isi mu Rwanda, yagize ati “Mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023 ubukungu bw’u Rwanda bwagaragaje umuvuduko. Aho bwazamutse ku rugero rwa 9%, iryo zamuka riruta iryabayeho mu mwaka wa 2022 wose, ariko umwuzure wabaye mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi 2023, bigahitana abantu n’ibikorwa remezo; bishobora kugabanya umuvuduko w’izamuka ry’ubukungu bw’umwaka wa 2023.”

Umunyabukungu muri Banki y’Isi, Peace Aimee Niyibizi; avuga ko nihatagira igikorwa izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda rishobora kugabanukaho 0.4%.

Ati “Iyo hatabaho ubutabazi bwihuse, byashoboraga kugira ingaruka ku mibare y’izamuka ry’ubukungu duteganya. Turabizi ko hari ibyakozwe kandi twizeye ko izakomeza kubikora, ariko duteganya ko iyo hatagira igikorwa; imibare y’izamuka ry’ubukungu iteganyijwe mu mwaka wa 2023 yari kugabanukaho ku rugero rwa 0.4%.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, nyuma y’iminsi icyenda ibyo biza bibaye; yavuze ko ingaruka zabyo zishobora no kugaragara nzego zimwe z’ubukungu.

Yagize ati “Ejo batubwiraga ko hashobora kuba harangiritse hegitari ibihumbi bibiri. Ubwo turi kureba ngo izo hegitari ibihumbi bibiri harimo iki? Bivuze iki? Ibyo bizagira ngaruka ki kuri ya mibare twavugaga. Ibyo bishobora kugira icyo bihindura kuri bya bipimo tavugaga, ariko ntabwo turamenya uko bingana.”

Imibare iheruka, igaragaza ko ibikorwa byangijwe n’ibiza byo muri Gicurasi 2023, bifite agaciro ka miliyari 222,31 Frw. Icyakora kubisana bizatwara miliyari 518,58 frw.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 10 =

Previous Post

Zimbabwe: Uwifuzaga kuzahatanira kuba Perezida yafatiwe icyemezo gitunguranye

Next Post

DRCongo: Umunyapolitiki yishwe mu buryo bw’amayobera bushobora gukurikirwa n’igitutu kuri Tshisekedi

Related Posts

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

IZIHERUKA

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya
AMAHANGA

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

19/12/2025
Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Umunyapolitiki yishwe mu buryo bw’amayobera bushobora gukurikirwa n’igitutu kuri Tshisekedi

DRCongo: Umunyapolitiki yishwe mu buryo bw'amayobera bushobora gukurikirwa n’igitutu kuri Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.