Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiza byahitanye Abanyarwanda barenga 100 hagaragajwe ingaruka bizagira ku bukungu

radiotv10by radiotv10
14/07/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibiza byahitanye Abanyarwanda barenga 100 hagaragajwe ingaruka bizagira ku bukungu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe imibare ya Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko uyu mwaka uzasiga ubukungu buzamutse ku kigero cya 6,2%; Banki y’Isi ivuga ko ibiza by’imvura biherutse kuba bikanahitana abantu 135, bishoborza kuzatuma iyi mibare y’izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda igabanukaho 0,4%.

Mu mezi abiri ashize, imvura idasanzwe yahitanye abantu 135, abandi ibasiga iheruheru, aho byangije imyaka yari kuri Hegitari 3 115, bihitana amatungo 4 255, binasenya inzu 6 044.

Ibi biza byaje bisanga Igihugu kiri kurwana ko kuva mu ngaruka za COVID-19, ndetse imibare igaragaza ko nihatagira igihinduka uyu mwaka uzasiga ubukungu bw’isi buzamutse ku rugero rwa 6.2%.

Banki y’Isi ishingiye ku cyerekezo cy’ubukungu bw’u Rwanda; ivuga ko butanga icyizere, icyakora ngo ingaruka z’imvura idasanzwe yaguye muri Gicurasi 2023; ishobora guhindura iyi mibare.

Ms Rolande Pryce akuriye ibikorwa bya Banki y’Isi mu Rwanda, yagize ati “Mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023 ubukungu bw’u Rwanda bwagaragaje umuvuduko. Aho bwazamutse ku rugero rwa 9%, iryo zamuka riruta iryabayeho mu mwaka wa 2022 wose, ariko umwuzure wabaye mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi 2023, bigahitana abantu n’ibikorwa remezo; bishobora kugabanya umuvuduko w’izamuka ry’ubukungu bw’umwaka wa 2023.”

Umunyabukungu muri Banki y’Isi, Peace Aimee Niyibizi; avuga ko nihatagira igikorwa izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda rishobora kugabanukaho 0.4%.

Ati “Iyo hatabaho ubutabazi bwihuse, byashoboraga kugira ingaruka ku mibare y’izamuka ry’ubukungu duteganya. Turabizi ko hari ibyakozwe kandi twizeye ko izakomeza kubikora, ariko duteganya ko iyo hatagira igikorwa; imibare y’izamuka ry’ubukungu iteganyijwe mu mwaka wa 2023 yari kugabanukaho ku rugero rwa 0.4%.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, nyuma y’iminsi icyenda ibyo biza bibaye; yavuze ko ingaruka zabyo zishobora no kugaragara nzego zimwe z’ubukungu.

Yagize ati “Ejo batubwiraga ko hashobora kuba harangiritse hegitari ibihumbi bibiri. Ubwo turi kureba ngo izo hegitari ibihumbi bibiri harimo iki? Bivuze iki? Ibyo bizagira ngaruka ki kuri ya mibare twavugaga. Ibyo bishobora kugira icyo bihindura kuri bya bipimo tavugaga, ariko ntabwo turamenya uko bingana.”

Imibare iheruka, igaragaza ko ibikorwa byangijwe n’ibiza byo muri Gicurasi 2023, bifite agaciro ka miliyari 222,31 Frw. Icyakora kubisana bizatwara miliyari 518,58 frw.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Zimbabwe: Uwifuzaga kuzahatanira kuba Perezida yafatiwe icyemezo gitunguranye

Next Post

DRCongo: Umunyapolitiki yishwe mu buryo bw’amayobera bushobora gukurikirwa n’igitutu kuri Tshisekedi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Umunyapolitiki yishwe mu buryo bw’amayobera bushobora gukurikirwa n’igitutu kuri Tshisekedi

DRCongo: Umunyapolitiki yishwe mu buryo bw'amayobera bushobora gukurikirwa n’igitutu kuri Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.