Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in BASKETBALL, FOOTBALL, SIPORO
0
Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino inyuranye mu mupira w’amaguru ndetse no muri Basketball, mu byiciro byombi, abagabo n’abagore, u Rwanda rwahuye n’amakipe y’Ibihugu by’ibituranyi, rutsindamo umwe, na rwo rutsindwa umwe.

Ni imikino yabereye umunsi umwe kuri iki Cyumweru, tariki 16 Nyakanga 2023, aho kuri Kigali Pele Stadium harimo habera umukino wo gushaka itike y’imikino ya Olempike, mu cyiciro cy’abagore, wahuzaga u Rwanda na Uganda.

Ni umukino waje ukurikira uwabanjije, wari wabaye muri iki cyumweru n’ubundi cyabereyemo uyu wo kwishyura, na wo wari wabereye kuri Kigali Pele Stadium, ukarangira amakipe yombi anganya 3-3.

Uyu wabaye kuri iki Cyumweru wagaragayemo ishyaka ku mpande zombi, kuko amakipe yombi yashakaga gukomeza, ariko iminota 90’ irangira nta kipe irabashije kureba mu izamu ry’indi, bituma hongerwaho iminota 30’.

Muri iyi minota 30’ ni bwo ikipe ya Uganda, yabonye igitego cyatsinzwe na Fazila Ikwaput ku munota w’ 100’, ari na cyo cyonyine cyabonetse muri uyu mukino, gituma u Rwanda rusezererwa.

Uyu mukino kandi warebwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi, barimo Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah Nabbanja ndetse na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Aurore Mimosa Munyangaju.

Aba bakobwa b’u Rwanda bakinaga n’abaturanyi ba Uganda, ni na ko basaza babo bo muri Basketball barimo bakina n’abaturanyi babo bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu mu irushanwa Nyafurika rya FIBA AFROCAN.

Muri iri rushanwa ryaberaga muri Angola, u Rwanda rwigaragaje rutsinda DRC amanota 82 kuri 73, rwegukana umwanya wa gatatu.

Kuri Kigali Pele Stadium abakobwa bakinaga n’abo muri Uganda
Umukino warebwe n’abayobozi barimo Minisitiri w’Intebe wa Uganda

Na Perezida mushya wa FERWAFA
Warangiye Uganda itsinze
Muri Angola u Rwanda rwashakaga umwanya wa gatatu ruhura na DRC
Rwanabigezeho rutsinda iki Gihugu cy’abaturanyi
Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 13 =

Previous Post

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

Next Post

Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.