• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Uko iminsi yegera igaruka rya ruhago isanzwe iha ibyishimo benshi, ubu ikigezweho ni ukugura abakinnyi no guhindura amakipe. Ku Mugabane w’u Burayi birashyushye, aho amakipe y’inkwakuzi yamaze kwegukana abo yabengutse, barimo Umufaransa Mendy uherutse gufungurwa, ubu wabonye ikipe asinyira.

Zimwe muri transfer ziri kuvugwaho cyane, ni iy’ikipe ya FC Barcelona yamaze gusinyisha Oriol Romeu imyaka 3, avuye muri Girona, atanzweho miliyoni 5 Euro.

Benjamin Mendy nyuma yo gufungurwa ubu yamaze gusinyira ikipe ya Lorient FC yo mu Gihugu cy’u Bufaransa.

Uyu Mufaransa uherutse gufungurwa nyuma y’imyaka ibiri ari muri gereza, afungiye ibyaha yakekwagaho byo gusambanya umugore, yarekuwe nyuma yo kugirwa umwere.

Naho Ethank Empadu wakiniraga ikipe ya Chelsea yamaze gusinyira ikipe ya Leeds United imyaka 4, akaba yatanzweho miliyoni 7 zamapawundi.

Mads Hermansen, umunyezamu wakiniraga ikipe ya Brøndby yo muri Denmark, yamaze gusinyira ikipe ya Leicester City yo mu Bwongereza mu gihe cy’imyaka 5 iri imbere.

Jérémy Ménez yamaze gusinyira ikipe ya Bari mu masezerano y’umwaka umwe ushobora kongerwaho undi.

Andre Onana yamaze kugera mu gihugu cy’u Bwongereza aho yaje gukorerwa ikizami cy’ubuzima, mu ikipe ya Manchester united.

Ikipe ya Chelsea FC yamaze kurekura ku buntu Pierre Emerick Aubameyang ngo yerecyeze mu ikipe ya Olympic Marseille, mu gihe Ikipe ya Al Hilal yamaze gutanga gusaba ya Miliyoni 50 Euro Liverpool kugira ngo yegukane Luis Diaz.

Wasili UWIZEYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Amakuru mashya ku bana 10 bashenguye benshi barohamye muri Nyabarongo

Next Post

U Rwanda rwihanangirije Congo ku bw’ikinyoma yitwikiriye kigambiriye umugambi mubisha

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
U Rwanda rwihanangirije Congo ku bw’ikinyoma yitwikiriye kigambiriye umugambi mubisha

U Rwanda rwihanangirije Congo ku bw'ikinyoma yitwikiriye kigambiriye umugambi mubisha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.