Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitangaje ku mukambwe w’imyaka 91 uri kuvugisha benshi ku Isi kubera ibyo yihariyeho

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibitangaje ku mukambwe w’imyaka 91 uri kuvugisha benshi ku Isi kubera ibyo yihariyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 91 akomeje kuvugusha benshi kubera uburyo akora imyitozo ngororamubiri ndetse akaba agaragara nk’ukiri umusore kubera umubiri we wubakitse bisanzwe bimenyerewe ku basore b’ibigango. Gusa hari ibitangaje kuri we.

Jim Arrington ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, afatwa nk’umuntu wubatse umubiri kurusha abandi bose bakuze ku Isi, aho yamaze kwandika mu gitabo cy’abanyaduhiro cya Guiness World Record.

Umurebye mu maso agaragara nk’umusaza koko ndetse umubiri we kuva mu maso kumanuka wazanye iminkanyari, agenda ahese ibitugu ku buryo utamutandukanya n’umusaza w’imyaka 90 gusa akagira imbaraga z’umubiri ugereranyije n’urungano rwe.

Igitangaje ni uko uyu mukambwe yavukiye amezi 7, bigora ababyeyi be kumwitaho ndetse ngo ntibari bazi ko azakomeza kubaho.

Ubuzima bwe kandi ntibwabaye bwiza kuva ari uruhinja dore ko yavukanye uburwayi bwa Asthma agahora arwaye ndetse akagira n’ikibazo ku mafunguro ku buryo yisanze arya inyama z’inka, akanywa amata gusa, ibindi byose ngo byagiraga ingaruka ku mubiri we.

Kubera ubwoko bw’amafunguro yakundaga gufata, byatumye abyibuha cyane ndetse ngo agakunda kurwaragurika.

Mu 1945 ubwo yari afite imyaka 15 y’amavuko, yafashe icyemezo cyo gutangira gukora imyitozo buri munsi, biranamuhira kugeza ubwo yari afite imyaka 84 y’amavuko agatwara igihembbo cy’umusaza wubatse umubiri kurusha abandi.

Kugeza ubu amaze kwitabira amarushanwa agera kuri 60 ndetse afite ibikombe 20 yatsindiye ndetse n’imidali.

Byibura mu cyumweru ajya mu nzu zikorerwamo imyitozo (gym) inshuro eshatu ndetse ku munsi byibura amara amasaha 2 akora imyitozo isanzwe.

Ntatinya gukora ibyananiye abakiri bato ndetse bafite n’imbaraga kumurusha, yewe ngo hari n’igihe abandi baza kumwigiraho.

Yita cyane kandi ku mirire ye dore ko ngo asigaye atunzwe n’amavuta ya olive ndetse n’ibihumyo ngo arebe ko byakomeza kumwongerera iminsi yo kubaho.

Uyu musaza kandi nubwo abantu bakomeje gutangarira umubiri we, ku ruhande rwe ngo abona ntaho biragera ndetse yifuza ko yagaragara nk’abakiri bato.

Aganira n’ikigo cy’abanyaduhigo Guiness World Record, yagize ati “Ikintera imbaraga ni abantu baza bakambwira ko banyigiraho byinshi, sinjya mbona ko umubiri wanjye umeze neza iyo ndebye abandi uko bagaragara bintera gukora cyane kugira ngo ndebe ko nanjye nazagera ahabo kandi ni byo ndi gukomeza gukora.”

Mu buzima bwe yishimira ko yavukanye ibibazo by’ubuzima ariko akaba yarabashije kubihangara, icyakora ngo ntibyoroha ndetse ngo bisaba kwihangana ukagera ku cyo wiyemeje. Ibyo bishimangirwa n’amagambo akunda kuvuga agira ati “utavunitse ntacyo wageraho.”

Ashishikariza abakiri bato ndetse n’abakuze kudaheranwa n’uko bameze cyangwa ikigero cy’imyaka barimo kuko igihe cyose wakoze impinduka ziragaragara.

Icyakora nubwo ashimwa na benshi abandi bakamutangarira, hari abavuga ko umusaza uri mu myaka nk’iye adakwiye kwirirwa muri za sport yangwa ngo ajye guhagarara mu mbaga y’abantu yambaye ubusa ngo ari mu marushanwa.

Aterura ibyuma nk’ibikorwa n’abasore
Ajya no mu marushanwa yo kwiyerekana

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 2 =

Previous Post

Igihugu cyakozwemo ‘Coup d’Etat’ cyafatiwe icyemezo cyumvikanamo igihano ku baturage

Next Post

RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

RDF yasubije FARDC yongeye kuyihimbira ikinyoma kiremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.