Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ruragendwa rukagaba: Mu cyumweru kimwe Perezida Kagame yagize babiri bamwirahira bati ‘Yampayinka’

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Ruragendwa rukagaba: Mu cyumweru kimwe Perezida Kagame yagize babiri bamwirahira bati ‘Yampayinka’
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe cy’icyumweru kimwe, Perezida Paul Kagame yagabiye bagenzi be babiri, bagendereye u Rwanda, abaha Inka z’Inyambo, nk’ikimenyetso gishimangira ubucuti bwabo ndetse n’ubw’Ibihugu bayobora. Twibukiranye ibisobanuro byo kugabirana Inka mu Muco Nyarwanda.

Tariki 22 Nyakanga 2023, Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yatembereje Perezida wa Congo Brazzaville, Denis Sassou Nguesso wari uri mu ruzinduko mu Rwanda, mu rwuri rwe, anamugabira Inka z’inyambo.

Nyuma y’icyumweru kimwe gusa, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Perezida Kagame yakiriye mu rwuri rwe mugenzi we Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, na we amugabira Inka z’Inyambo.

Ibi byashimangiye ubucuti bwihariye busanzwe buri hagati ya Perezida Paul Kagame n’aba bagenzi be, ndetse n’ubw’Ibihugu bayobora, bisanzwe binafitanye umubano n’imikoranire bishinze imizi.

Kugabira Inka umuntu, ni kimwe mu bifite ibisobanuro by’ubucuti n’urukundo bihebuje mu muco Nyarwanda, aho kuva hambere, umuntu yagabiraga undi Inka, nk’impano y’agaciro karusha ibindi byose mu buzima.

‘Yampaye Inka Kanaka’

Hambere, mu muco Nyarwanda, Inka yasobanuraga ubukire, icyubahiro n’igitinyiro mu muryango, aho uwabaga ayifite yagaragaraga nk’uwifite kandi udashobora kugira ikimuhungabanya mu bukungu.

Ibi byatumaga iyo umuntu yishimiraga undi cyangwa yumva amufitiye urukundo rwinshi, ntakindi yamuha atari ukumuha Inka.

Iyo umuntu yagabiraga undi inka, yabaga abaye umuvandimwe, bikaba igihango cy’ubucuti budasubira inyuma kandi buzira icyasha n’uburyarya.

Uwakugabiye Inka, waramwirahiraga, ku buryo wajyaga kumva ukumva umuntu agize ati “Yampaye inka kanaka”. Nyusi na Nguesso, ubu bagakwiye kuba birahira Perezida Paul Kagame, bagira bati “Yampaye Inka Kagame.”

Umuhanga mu by’Umuco, Rutangarwamaboko agaragaza igisobanuro cyo kugabirana, yagize ati “Guhana inka ni ikimenyetso cy’umubano, ni igihango gikomeye mu Banyarwanda, kuko niba umuntu aguhaye Inka ni uko afite icyo agushima, aba agukunze, ashaka ko mukomeza mukaba umwe.”

Yakomeje agira ati “Ni igihango abantu baba bahanye cyo kuba umwe atari ku isano y’amaraso gusa, ahubwo cyane cyane ku isano y’umubano.”

Perezida Paul Kagame kandi mu bandi yagabiye mu bihe bya vuba bikamenyekana, ni General Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

Umukuru w’u Rwanda kandi yatangije gahunda ya ‘Girinka Munyarwanda’ yo gufasha Abanyarwanda korora no korozanya Inka, yatumye Abanyarwanda benshi batunga Inka, bakabasha kunywa amata no kubona ifumbire bakoresha mu buhinzi bwabo.

Ni gahunda ishimwa bitagira urugero, aho bose mu bagezweho na yo, birahira Umukuru w’u Rwanda wayitangije, kuko yaciye imirire mibi mu miryango, ikanazamura umusaruro w’ubuhinzi bwabo.

Perezida Kagame yabanje kwakira Nguesso mu rwuri
Yamugabiye Inka z’Inyambo

Nyuma y’icyumweru kimwe yakiriye Nyusi
Na we yamugabiye Inka z’Inyambo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 1 =

Previous Post

Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Next Post

Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
0

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa...

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

IZIHERUKA

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.