Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ruragendwa rukagaba: Mu cyumweru kimwe Perezida Kagame yagize babiri bamwirahira bati ‘Yampayinka’

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Ruragendwa rukagaba: Mu cyumweru kimwe Perezida Kagame yagize babiri bamwirahira bati ‘Yampayinka’
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe cy’icyumweru kimwe, Perezida Paul Kagame yagabiye bagenzi be babiri, bagendereye u Rwanda, abaha Inka z’Inyambo, nk’ikimenyetso gishimangira ubucuti bwabo ndetse n’ubw’Ibihugu bayobora. Twibukiranye ibisobanuro byo kugabirana Inka mu Muco Nyarwanda.

Tariki 22 Nyakanga 2023, Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yatembereje Perezida wa Congo Brazzaville, Denis Sassou Nguesso wari uri mu ruzinduko mu Rwanda, mu rwuri rwe, anamugabira Inka z’inyambo.

Nyuma y’icyumweru kimwe gusa, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Perezida Kagame yakiriye mu rwuri rwe mugenzi we Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, na we amugabira Inka z’Inyambo.

Ibi byashimangiye ubucuti bwihariye busanzwe buri hagati ya Perezida Paul Kagame n’aba bagenzi be, ndetse n’ubw’Ibihugu bayobora, bisanzwe binafitanye umubano n’imikoranire bishinze imizi.

Kugabira Inka umuntu, ni kimwe mu bifite ibisobanuro by’ubucuti n’urukundo bihebuje mu muco Nyarwanda, aho kuva hambere, umuntu yagabiraga undi Inka, nk’impano y’agaciro karusha ibindi byose mu buzima.

‘Yampaye Inka Kanaka’

Hambere, mu muco Nyarwanda, Inka yasobanuraga ubukire, icyubahiro n’igitinyiro mu muryango, aho uwabaga ayifite yagaragaraga nk’uwifite kandi udashobora kugira ikimuhungabanya mu bukungu.

Ibi byatumaga iyo umuntu yishimiraga undi cyangwa yumva amufitiye urukundo rwinshi, ntakindi yamuha atari ukumuha Inka.

Iyo umuntu yagabiraga undi inka, yabaga abaye umuvandimwe, bikaba igihango cy’ubucuti budasubira inyuma kandi buzira icyasha n’uburyarya.

Uwakugabiye Inka, waramwirahiraga, ku buryo wajyaga kumva ukumva umuntu agize ati “Yampaye inka kanaka”. Nyusi na Nguesso, ubu bagakwiye kuba birahira Perezida Paul Kagame, bagira bati “Yampaye Inka Kagame.”

Umuhanga mu by’Umuco, Rutangarwamaboko agaragaza igisobanuro cyo kugabirana, yagize ati “Guhana inka ni ikimenyetso cy’umubano, ni igihango gikomeye mu Banyarwanda, kuko niba umuntu aguhaye Inka ni uko afite icyo agushima, aba agukunze, ashaka ko mukomeza mukaba umwe.”

Yakomeje agira ati “Ni igihango abantu baba bahanye cyo kuba umwe atari ku isano y’amaraso gusa, ahubwo cyane cyane ku isano y’umubano.”

Perezida Paul Kagame kandi mu bandi yagabiye mu bihe bya vuba bikamenyekana, ni General Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

Umukuru w’u Rwanda kandi yatangije gahunda ya ‘Girinka Munyarwanda’ yo gufasha Abanyarwanda korora no korozanya Inka, yatumye Abanyarwanda benshi batunga Inka, bakabasha kunywa amata no kubona ifumbire bakoresha mu buhinzi bwabo.

Ni gahunda ishimwa bitagira urugero, aho bose mu bagezweho na yo, birahira Umukuru w’u Rwanda wayitangije, kuko yaciye imirire mibi mu miryango, ikanazamura umusaruro w’ubuhinzi bwabo.

Perezida Kagame yabanje kwakira Nguesso mu rwuri
Yamugabiye Inka z’Inyambo

Nyuma y’icyumweru kimwe yakiriye Nyusi
Na we yamugabiye Inka z’Inyambo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Next Post

Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.