Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko wagabanutseho 3.1% mu kwezi gushize kwa Nyakanga nubwo umuvuduko wabyo wakomeje kuba hejuru, kuko wari kuri 17,3%.

Iyi mibare mishya igaragaza ko nubwo ibiciro byazamutse ku muvuduko wa 17,3%, mu kwezi kwabanje kwa Kamena byari ku izamuka rya 20,4%. Ugereranije aya mezi yombi, umuvuduko wagabanutseho 3.1%.

Iki Kigo cy’Ibarurishamibare kigaragaza ko ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 29,2%.

Ibiciro by’ibiribwa ku masoko yo mu mijyi byazamutseho 22,8%. Ariko mu cyaro byiyongera kuri 31,9%.

Inzego za leta zisubiramo kenshi ko iri zamuka ry’ibiciro by’ibiribwa riterwa n’umusaruro mucye ukomoka ku buhinzi.

Iri tumbagira ry’ibiciro ku isoko ryagaragaye mu kwezi kwabanjirije ukwezi kwo kwishimira umusaruro bamwe bagezeho.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, ubwo yari mu muhango wo kwizihiza Umuganura mu cyumweru gishize tariki 4 Kanama wabereye mu Karere Rutsiro, yibukije ko igihembwe cy’ihinga cyegereje kandi ko hari ibimenyetso ko ikirere gishobora kuzagenda neza.

Yagize ati “Mbibutse ko igihembwe cy’ihinga 2024 A kigiye gutangira vuba. Abashinzwe ubumenyyi bw’ikirere baratubwira ko imvura ishobora kuza kare hagati muri uku kwezi, nkaba mbashishikariza guterera ku gihe, mukoresha imbuto ikwiriye, ibihingwa mubyiteho.”

Abakora mu rwego rw’ubuhinzi baracyafite umukoro wo kuzamura umusaruro ku rugero rukubye inshuro ebyiri ubwiyongere bw’abaturage. Ibi babishingira ko abashinzwe ubukungu bavuga ko abaturage biyongera ku rugero rusaga 2% buri mwaka, ariko umusaruro w’ubuhinzi wo ukaba ku rugero rwa 1% buri mwaka.

Abakora mu rwego rw’ubukungu, bavuga koi bi ari yo ntandaro y’itumbagira ry’ibiciro ku isoko kubera ko abantu barenze babiri bashobora kuba bahanganira ikiro kimwe cy’ibirayi ku isoko, bigatuma umucuruzi akomeza kugishyira ku giciro ashaka.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru agezweho ku birori bikomeye bizana mu Rwanda abarimo ibyamamare

Next Post

Burera: Uko hakozwe operasiyo yo mu gicuku yafatiwemo ibitemewe 240.000

Related Posts

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

IZIHERUKA

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru
IBYAMAMARE

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

29/07/2025
Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

28/07/2025
BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Uko hakozwe operasiyo yo mu gicuku yafatiwemo ibitemewe 240.000

Burera: Uko hakozwe operasiyo yo mu gicuku yafatiwemo ibitemewe 240.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.