Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye icyagenzaga Ruto wagiye kureba Museveni nyuma y’icyumweru aganiriye na Kenyatta ibya Congo

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyagenzaga Ruto wagiye kureba Museveni nyuma y’icyumweru aganiriye na Kenyatta ibya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru kimwe, Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yakiriye Uhuru Kenyatta bakaganira ku bya DRC, na Perezida wa Kenya William Ruto, yagiye kureba Museveni, bagira ibyo baganira.

Perezida William Ruto, yagiye kureba Yoweri Museveni wamwakiriye mu Biro bye i Entebbe, kuri iki Cyumweru tariki 13 Kanama 2023.

Aba Bakuru b’Ibihugu by’ibituranyi binahuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, baganiriye ku ngingo zinyuranye nk’uko babitangaje bombi.

William Ruto, yatangaje ko baganiriye ku ngingo zihuriweho n’Ibihugu byombi, zirimo ubucuruzi, umutekano ndetse n’ubuhinzi.

Yagize ati “Kenya na Uganda bisanzwe bifitanye imikoranire kuva cyera, n’Ibihugu by’ibituranyi muri Afurika y’Iburasirazuba, imikoranire myiza, ndetse no kugira ibyo twiyemeza.”

Perezida Museveni na we mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, yagize ati “Ndashimira nyakubawa William Ruto wangendereye muri uyu mugoroba mu biro byanjye. Twaganiriye ku bireba Ibihugu byacu ndetse n’ibibazo byo mu karere.”

Ni mu gihe mu cyumweru gishize, Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya na we yari yagiranye ibiganiro na Perezida Museveni tariki 07 Kanama 2023.

Uhuru Kenyatta yahawe inshingano zo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yo gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’umuhuza.

Perezida Yoweri Museveni, yakunze kugaragaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bugenda biguruntege mu gushaka umuti w’ibi bibazo kuko ari bwo butubahiriza ibyo bwasabwe, birimo no kuganira n’umutwe wa M23, kandi ari bwo buryo bushobora kuvamo umuti.

Perezida Museveni na Ruto baganiriye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 6 =

Previous Post

Perezida wahiritswe ku butegetsi ibye byageze ku rundi rwego

Next Post

Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’imodoka yavaga mu Rwanda ijya Uganda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’imodoka yavaga mu Rwanda ijya Uganda

Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’imodoka yavaga mu Rwanda ijya Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.