Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Aryoha asubiwemo: Umunsi wa mbere wa Shampiyona kuri Rayon mu mboni z’umusesezenguzi Kazungu

radiotv10by radiotv10
21/08/2023
in FOOTBALL, IMYIDAGADURO, SIPORO
0
Ubusesenguzi bwa Kazungu nyuma y'isezererwa rya Rayon na APR mu mikino ya Afurika

Umunyamakuru Kazungu Clever

Share on FacebookShare on Twitter

Rayon Sports yatsinze Gasogi United, 2-1 ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru 2023-2024, mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Kamena 2023, kuri Kigali Pelé Stadium. Umusesenguzi akaba n’Umunyamakuru Kazungu Clever aragaragaza icyo yabonye kuri uyu munsi wa mbere

Ni umukino w’amateka ku mupira w’amaguru mu Rwanda, dore ko wari uwa mbere watangizaga shampiyona yigenga ‘Rwanda premier League 2023-2024’.

Aya makipe yombi yari ahuriye ku kuba yariyubatse cyane, kuko ikipe ya Gasogi United yaguze abakinnyi 11 mu gihe Rayon sports yo yaguze abakinnyi 12.

Ku munota wa 11 w’umukino, Rayon Sports yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Rutahizamu w’umugande, Charlse Bbaale, ku kazi gakomeye yakoze amaze gucenga abugarira ba Gasogi United.

Nyuma y’akazi gakomeye kakozwe na Joackiam Ojera ku ruhande rw’iburyo imbere, Rayon Sports yabonye igitego cya 2 cyatsinzwe na Youssef Rharb, rutahizamu ukomoka muri Morocco.

Ku munota wa 90 Gasogi United yabonye igitego cyatsinzwe na Christian Theodor Yawanendji Malipangou, kuri penality ku ikosa ryakozwe na Serumogo Ally warikoreye kuri Rutahizamu wa Gasogi United.

Umukino warangiye ari ibitego 2 kuri 1 cya Gasogi United.

Nyuma y’umukino  ibyo twabonye kuri Rayon Sports izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup mu mboni z’umusesenguzi Kazungu Clever.

Kazungu Clever umaze imyaka 20 akurikira shampiyona yo mu Rwanda

Umukino ufungura umwaka w’imikino wa 2023-24, wari uteye amatsiko menshi ariko Rayon Sports iciye impaka yerekana ko ari ikipe ikomeye y’ubukombe kandi yiyubatse cyane. Umutoza wa Rayon Sports Yamen Zelfan yagaragaje ko ari umuhanga mu mitoreze kurusha uko namubonye mbere kuri match za gicuti ngereranya imikinire ya Rayon n’ikigo cy’amashuri yisumbuye!

Rayon ntabwo ari ugutsinda Gasogi United gusa yanayicenze cyane, iyirusha kugumana umupira no guhana hana, iyirusha gusatira no kurema uburyo bwavamo ibitego! Ikosa gusa ryari rigiye gutuma Rayon Sports inganya na Gasogi United abantu bagatungurwa. Umutoza wa Rayon Sports ubanza yibagiwe ko akoresha abakinnyi bo hagati bafite imyaka iri hejuru, bakoresheje imbaraga nyinshi mugice cya mbere bagombaga gusimbuzwa bitarenze ku munota wa 60.

Kazungu uvuga ko Perezida wa Rayon, Uwayezu Jean Fidèle, yagakwiye kugura Umunyezamu amazi atararenga inkombe

Irindi kosa nabonye ni uko Ojera adafasha Serumogo kurinda izamu ariko Serumogo akamufasha gusatira. Youssef nawe ntacyo afasha Ganijuru mukurinda izamu mu gihe Ganijuru agerageza kumuzanira imipira barimo gusatira. Rayon Sports nta muzamu uri ku rwego rwayo ifite nabivuze mbere ko Bonheur, Adolphe na Tamale, bose batari ku rwego rwayo n’urwamarushanwa ya CAF CC yitegura. Ikeneye umuzamu mushya.

Ayo makosa nakosorwa Rayon Sports ishobora kuzatsinda ikipe ntazi ntoya ibitego 7 cyangwa icyumweru nkuko babyita! Kuko Umugande Charles Bbaale mbonye ku mbaraga ze afite z’umubiri, ubuhanga mugukoresha ukuguru kwe kw’imoso, umuvuduko, ba myugariro bahuzagurika baragowe cyane.

Rutahizamu wa Rayon Sports, Charlse Bbaal watsinze igitego cya mbere cya Shampiyona ya 2023-24
Umunya-Morocco Youssef Rharb watsindiye Rayon Sports igitego cya 2

KAZUNGU Clever
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + one =

Previous Post

Hagaragajwe ingingo nyamukuru iri gukorwa mu kugarurira agaciro ifaranga ry’u Rwanda

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda w’ikirangirire yageneye ubutumwa mugenzi we bafitanye amateka uri mu gahinda

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye
AMAHANGA

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda w’ikirangirire yageneye ubutumwa mugenzi we bafitanye amateka uri mu gahinda

Umuhanzi Nyarwanda w’ikirangirire yageneye ubutumwa mugenzi we bafitanye amateka uri mu gahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.