Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Aryoha asubiwemo: Umunsi wa mbere wa Shampiyona kuri Rayon mu mboni z’umusesezenguzi Kazungu

radiotv10by radiotv10
21/08/2023
in FOOTBALL, IMYIDAGADURO, SIPORO
0
Ubusesenguzi bwa Kazungu nyuma y'isezererwa rya Rayon na APR mu mikino ya Afurika

Umunyamakuru Kazungu Clever

Share on FacebookShare on Twitter

Rayon Sports yatsinze Gasogi United, 2-1 ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru 2023-2024, mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Kamena 2023, kuri Kigali Pelé Stadium. Umusesenguzi akaba n’Umunyamakuru Kazungu Clever aragaragaza icyo yabonye kuri uyu munsi wa mbere

Ni umukino w’amateka ku mupira w’amaguru mu Rwanda, dore ko wari uwa mbere watangizaga shampiyona yigenga ‘Rwanda premier League 2023-2024’.

Aya makipe yombi yari ahuriye ku kuba yariyubatse cyane, kuko ikipe ya Gasogi United yaguze abakinnyi 11 mu gihe Rayon sports yo yaguze abakinnyi 12.

Ku munota wa 11 w’umukino, Rayon Sports yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Rutahizamu w’umugande, Charlse Bbaale, ku kazi gakomeye yakoze amaze gucenga abugarira ba Gasogi United.

Nyuma y’akazi gakomeye kakozwe na Joackiam Ojera ku ruhande rw’iburyo imbere, Rayon Sports yabonye igitego cya 2 cyatsinzwe na Youssef Rharb, rutahizamu ukomoka muri Morocco.

Ku munota wa 90 Gasogi United yabonye igitego cyatsinzwe na Christian Theodor Yawanendji Malipangou, kuri penality ku ikosa ryakozwe na Serumogo Ally warikoreye kuri Rutahizamu wa Gasogi United.

Umukino warangiye ari ibitego 2 kuri 1 cya Gasogi United.

Nyuma y’umukino  ibyo twabonye kuri Rayon Sports izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup mu mboni z’umusesenguzi Kazungu Clever.

Kazungu Clever umaze imyaka 20 akurikira shampiyona yo mu Rwanda

Umukino ufungura umwaka w’imikino wa 2023-24, wari uteye amatsiko menshi ariko Rayon Sports iciye impaka yerekana ko ari ikipe ikomeye y’ubukombe kandi yiyubatse cyane. Umutoza wa Rayon Sports Yamen Zelfan yagaragaje ko ari umuhanga mu mitoreze kurusha uko namubonye mbere kuri match za gicuti ngereranya imikinire ya Rayon n’ikigo cy’amashuri yisumbuye!

Rayon ntabwo ari ugutsinda Gasogi United gusa yanayicenze cyane, iyirusha kugumana umupira no guhana hana, iyirusha gusatira no kurema uburyo bwavamo ibitego! Ikosa gusa ryari rigiye gutuma Rayon Sports inganya na Gasogi United abantu bagatungurwa. Umutoza wa Rayon Sports ubanza yibagiwe ko akoresha abakinnyi bo hagati bafite imyaka iri hejuru, bakoresheje imbaraga nyinshi mugice cya mbere bagombaga gusimbuzwa bitarenze ku munota wa 60.

Kazungu uvuga ko Perezida wa Rayon, Uwayezu Jean Fidèle, yagakwiye kugura Umunyezamu amazi atararenga inkombe

Irindi kosa nabonye ni uko Ojera adafasha Serumogo kurinda izamu ariko Serumogo akamufasha gusatira. Youssef nawe ntacyo afasha Ganijuru mukurinda izamu mu gihe Ganijuru agerageza kumuzanira imipira barimo gusatira. Rayon Sports nta muzamu uri ku rwego rwayo ifite nabivuze mbere ko Bonheur, Adolphe na Tamale, bose batari ku rwego rwayo n’urwamarushanwa ya CAF CC yitegura. Ikeneye umuzamu mushya.

Ayo makosa nakosorwa Rayon Sports ishobora kuzatsinda ikipe ntazi ntoya ibitego 7 cyangwa icyumweru nkuko babyita! Kuko Umugande Charles Bbaale mbonye ku mbaraga ze afite z’umubiri, ubuhanga mugukoresha ukuguru kwe kw’imoso, umuvuduko, ba myugariro bahuzagurika baragowe cyane.

Rutahizamu wa Rayon Sports, Charlse Bbaal watsinze igitego cya mbere cya Shampiyona ya 2023-24
Umunya-Morocco Youssef Rharb watsindiye Rayon Sports igitego cya 2

KAZUNGU Clever
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 10 =

Previous Post

Hagaragajwe ingingo nyamukuru iri gukorwa mu kugarurira agaciro ifaranga ry’u Rwanda

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda w’ikirangirire yageneye ubutumwa mugenzi we bafitanye amateka uri mu gahinda

Related Posts

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

In recent years, podcasts have become very popular around the world, and Rwanda is no exception. More and more young...

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda w’ikirangirire yageneye ubutumwa mugenzi we bafitanye amateka uri mu gahinda

Umuhanzi Nyarwanda w’ikirangirire yageneye ubutumwa mugenzi we bafitanye amateka uri mu gahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.