Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ku Rukiko hakubise huzuye hasomwe icyemezo kuri Kazungu wiyemerera kwica abantu 14 wongeye kugaraga aseka

radiotv10by radiotv10
26/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ku Rukiko hakubise huzuye hasomwe icyemezo kuri Kazungu wiyemerera kwica abantu 14 wongeye kugaraga aseka
Share on FacebookShare on Twitter
  • Abaturage bari bakubise buzuye ku Rukiko;
  • Kazungu yagejejwe ku Rukiko harenzeho isaha ku yari yagenwe;
  • Yinjijwe mu cyumba cy’Urukiko aseka, abaturage bo bakoma akaruru.

Ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, hakubise huzuye imbaga y’abaturage, hasomwe icyemezo ku rubanza rw’ifungwa ry’agateganyo ruregwamo Kazungu Denis ukekwaho kwica abantu 14, akaba anabyiyemerera, aho Umucamanza yemeje ko afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ni icyemezo cyasomwe kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nzeri 2023 ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu Murenge wa Kagarama, ahari haje abaturage benshi baje kucyumva, bahageze mbere y’isaha ya saa cyenda yagombaga gusomerwaho iki cyemezo.

Umunyamakuru wacu wageze ku cyicaro cy’Urukiko saa munani n’igice (14:30′), yasanze abaturage bakubise buzuye, bavuga ko baje kumva icyemezo gifatirwa Kazungu ku ifungwa rye.

Bamwe bagaruka ku byo bumviye mu itangazamakuru ku byaha bikekwa kuri uyu musore, bavuga ko bumvise biremereye, ari na byo byatumye baza kumva icyemezo cya mbere cy’Urukiko kuri we.

Byari biteganyijwe ko iki cyemezo gisomwa ku isaaha ya saa cyenda (15:00′) ariko byakereweho isaha yose, dore ko na Kazungu yagejwe ku cyicaro cy’Urukiko saa kumi z’umugoroba (16:00′), ari mu modoka ya RIB, ifungwa n’inzugi ebyiri, aho yasohowemo yambaye umupira w’ibara rya Orange n’ipantalo ya shokola yari anambaye ubwo yaburanaga, ndetse na kambambiri.

Ubwo yajyanwaga mu cyumba cy’Urukiko afashwe n’abapolisi babiri, umwe iburyo, undi ibumoso, Kazungu yagaragaye agenda amwenyura, mu gihe abaturage bari baje kumva icyemezo cy’Urukiko bo bakubitaha akaruru, basa nk’abafite igishyika, aho bamwe bagiraga bati “Yesu we!!”

Kazungu Denis waburanye yemera ibyaha 10 akurikiranyweho, yagaragaye mu cyumba cy’Urukiko, aho yari yaje kumva icyemezo afatirwa ku busabe bw’Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Urukiko rwashingiye ku mpamvu zikomeye zagaragajwe n’Ubushinjacyaha, zirimo ubuhamya bwatanzwe na bamwe mu bakobwa babashije kurokoka imigambi mibisha ya Kazungu, bavuze ko yabanzaga kubatera ubwoba, akabasaba imibare y’ibanga y’aho babitsa amafaranga, akabambura ibyo babaga bafite, ubundi akabica.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko mu mabazwa ya Kazungu yimereye ko yishe abo bantu 14 ndetse anabyemerera Urukiko ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo.

Urukiko rwavuze ko ibyagaragajwe n’Ubushinjacyaha bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora ibyaha akurikiranyweho, ndetse ko aramutse arekuwe yabangamira iperereza, akaba yanagirira nabi abamutanzeho ubuhamya, bityo ko agomba gukurikiranwa afunze.

Mu iburanisha ryabaye mu cyumweru gishize, Kazungu Denis utaravugiye amagambo menshi imbere y’Umucamanza uretse kuvuga ko yemera ibyaha byose akurikiranyweho, yanabanje gusaba Urukiko ko urubanza rwe rwashyirwa mu muhezo kuko “Ibyaha nakoze biremereye atari ibyo gukina gutyo gusa nk’umupira washyira mu kibuga” kandi ko atifuza ko byayobya sosiyete Nyarwanda.

Ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo kandi, yabajijwe impamvu yishe abo bantu 14 barimo abakobwa 13, avuga ko ari uko bamwanduje SIDA ku bushake.

Mu gusoma icyemezo, Umucamanza yavuze kandi ko ibi bisobanuro byatanzwe n’Uregwa bidafite ishingiro.

Ubwo yageraga ku Rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Umuhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka

Next Post

Ngoma: Abacuruzi baravuga ko ibyo basabwa bisa nko kwambarira urukweto ku gikomere

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Abacuruzi baravuga ko ibyo basabwa bisa nko kwambarira urukweto ku gikomere

Ngoma: Abacuruzi baravuga ko ibyo basabwa bisa nko kwambarira urukweto ku gikomere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.