Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ibanze wamenya ku bwato bw’agatangaza bwakorewe muri Kenya buzazamura akarere karimo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
12/10/2023
in AMAHANGA
0
Iby’ibanze wamenya ku bwato bw’agatangaza bwakorewe muri Kenya buzazamura akarere karimo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwato bwakorewe muri Kenya bwiswe MV Uhuru II, bwitezweho kuzoroshya ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli mu Bihugu by’ibituranyi bwo muri Afurika y’Iburasirazuba, bwatashywe ku mugaragaro. Dore iby’ingenzi wamenya kuri ubu bwato.

Ubu bwato bwatashywe ku mugaragaro na Perezida wa Kenya, Wiliam Ruto muri iki cyumweru ku wa Mbere tariki 09 Ukwakira 2023, mu gikorwa cyabereye mu gace ka Kisumu.

Urugendo rw’ubu bwato rwa mbere mu Kiyaga cya Victoria, ruzaba vuba aha nyuma y’uko habayeho umuhango wo kubufungura ku mugarararo, aho bwari butegerezanyijwe amatsiko n’abakora mu bwikorezi bw’ibikomoka kuri Peteroli mu Bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ubu bwato bwahawe izina rya MV Uhuru II, bwakorewe muri Kenya kuva ku itangiriro kugeza bwuzuye, bukaba bwaruzuye butwaye Miliyari 2.4 z’Amashilingi ya Kenya [arenga Milyari 19 Frw].

Kuba ubu bwato bwarakorewe muri Kenya 100%, byatumye habaho kuzigama Miliyari 1,4 z’amashilingi ya Kenya, yari gukoreshwa mu rugendo rwo kubuzana iyo bugurwa hanze.

MV Uhuru II ifite ubushobozi bwo kwikorera toni 1 800, bwakozwe na Kompanyi ya Kenya Ship Yard, ku bufatanye bw’ibigo n’inzego zitandukanye muri Kenya, zirimo igisirikare cya Kenya, cyakoranye ndetse n’uruganda rw’Abaholandi rwitwa Damen Shipyards.

Ubu bwato buje busanga ubundi burumuna bwabo bwa MV Uhuru I, bwo bufite ubushobozi bwo kwikorera toni 1 260, na bwo bwakorewe muri Kenya mu 1966 na kompanyi y’Abanya-Scotland.

Tariki 02 Kanama (08) 2022, uwari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yasuye icyambu cya Kisumu cyariho gikorerwaho ubu bwato bwa MV Uhuru II kureba uko imirimo iri kugenda, ndetse anashima uko byari bihagaze.

Ubu bwato bwa Metero 100 z’uburebure, bunafite ubushobozi bwo kwikorera litiro miliyoni ebyiri z’ibikomoka kuri peteroli, bunafite ubushobozi bwo kwikorera kontineri 22.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cyo gukora ubwato muri Kenya, Brigadier Paul Otieno Owuor, yavuze ko ubu bwato bushobora kugera mu Bihugu by’ibituranyi bya Kenya, nka Uganda na Tanzania mu masaha 10.

Ubu bushobozi burenze ubw’ubwato bwa MV Uhuru I, kuko bwo butwara litiro miliyoni 1,1 z’ibikomoka kuri Peteroli, ndetse bukaba bwakoreshaga amasaha 17 kugira ngo bugere muri Uganda.

Ni amahirwe yumvikana ko azanoroshya kugeza ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda, kuko ibisanzwe biza muri iki Gihugu, byabaga biturutse n’ubundi mu Bihugu nka Tanzania na Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fifteen =

Previous Post

Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Next Post

Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.