Sunday, June 15, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ibanze wamenya ku bwato bw’agatangaza bwakorewe muri Kenya buzazamura akarere karimo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
12/10/2023
in AMAHANGA
0
Iby’ibanze wamenya ku bwato bw’agatangaza bwakorewe muri Kenya buzazamura akarere karimo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwato bwakorewe muri Kenya bwiswe MV Uhuru II, bwitezweho kuzoroshya ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli mu Bihugu by’ibituranyi bwo muri Afurika y’Iburasirazuba, bwatashywe ku mugaragaro. Dore iby’ingenzi wamenya kuri ubu bwato.

Ubu bwato bwatashywe ku mugaragaro na Perezida wa Kenya, Wiliam Ruto muri iki cyumweru ku wa Mbere tariki 09 Ukwakira 2023, mu gikorwa cyabereye mu gace ka Kisumu.

Urugendo rw’ubu bwato rwa mbere mu Kiyaga cya Victoria, ruzaba vuba aha nyuma y’uko habayeho umuhango wo kubufungura ku mugarararo, aho bwari butegerezanyijwe amatsiko n’abakora mu bwikorezi bw’ibikomoka kuri Peteroli mu Bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ubu bwato bwahawe izina rya MV Uhuru II, bwakorewe muri Kenya kuva ku itangiriro kugeza bwuzuye, bukaba bwaruzuye butwaye Miliyari 2.4 z’Amashilingi ya Kenya [arenga Milyari 19 Frw].

Kuba ubu bwato bwarakorewe muri Kenya 100%, byatumye habaho kuzigama Miliyari 1,4 z’amashilingi ya Kenya, yari gukoreshwa mu rugendo rwo kubuzana iyo bugurwa hanze.

MV Uhuru II ifite ubushobozi bwo kwikorera toni 1 800, bwakozwe na Kompanyi ya Kenya Ship Yard, ku bufatanye bw’ibigo n’inzego zitandukanye muri Kenya, zirimo igisirikare cya Kenya, cyakoranye ndetse n’uruganda rw’Abaholandi rwitwa Damen Shipyards.

Ubu bwato buje busanga ubundi burumuna bwabo bwa MV Uhuru I, bwo bufite ubushobozi bwo kwikorera toni 1 260, na bwo bwakorewe muri Kenya mu 1966 na kompanyi y’Abanya-Scotland.

Tariki 02 Kanama (08) 2022, uwari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yasuye icyambu cya Kisumu cyariho gikorerwaho ubu bwato bwa MV Uhuru II kureba uko imirimo iri kugenda, ndetse anashima uko byari bihagaze.

Ubu bwato bwa Metero 100 z’uburebure, bunafite ubushobozi bwo kwikorera litiro miliyoni ebyiri z’ibikomoka kuri peteroli, bunafite ubushobozi bwo kwikorera kontineri 22.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cyo gukora ubwato muri Kenya, Brigadier Paul Otieno Owuor, yavuze ko ubu bwato bushobora kugera mu Bihugu by’ibituranyi bya Kenya, nka Uganda na Tanzania mu masaha 10.

Ubu bushobozi burenze ubw’ubwato bwa MV Uhuru I, kuko bwo butwara litiro miliyoni 1,1 z’ibikomoka kuri Peteroli, ndetse bukaba bwakoreshaga amasaha 17 kugira ngo bugere muri Uganda.

Ni amahirwe yumvikana ko azanoroshya kugeza ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda, kuko ibisanzwe biza muri iki Gihugu, byabaga biturutse n’ubundi mu Bihugu nka Tanzania na Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Kirehe: Abubakaga inzu ifungirwamo abakekwaho ibyaha bahishuye ibyabayeho byabatunguye

Next Post

Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

Related Posts

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yavuze ko igitero Israel yagabye kuri Iran cyahitanye abasirikare bakomeye barimo...

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasuye umujyi wa Mthatha mu Ntara ya Eastern Cape iheruka kwibasirwa n'ibiza by’imvura nyinshi...

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuvandimwe w’umuntu umwe warokotse impanuka y’indege yahitanye abagenzi 241 mu Buhindi, yavuze ko akimara kurokoka yahamagaye umubyeyi we akamubwira ko...

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Igisirikare cya Israel cyemeje ko cyivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran ndetse n'abandi basirikare babiri bari mu buyobozi Bukuru bw’Ingabo...

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

by radiotv10
12/06/2025
0

Indenge ya Sosiyete y’u Buhindi (Air India) yari yerecyeje i London mu Bwongereza irimo abagenzi 242, yakoze impanuka nyuma y’igihe...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.