Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho na General uyoboye Gabon uherutse no guhura na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
17/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho na General uyoboye Gabon uherutse no guhura na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Perezida w’Inzibacyuho wa Gabon, General Brice Clotaire Oligui Nguema, bagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo inzira zo gusubiza mu buryo ubuyobozi muri Gabon nyuma y’uko habayeho ihirikwa ry’ubutegetsi.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye General Brice Clotaire Oligui Nguema ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukwakira 2023, mu biro bye muri Village Urugwiro.

Nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Perezida Kagame na General Oligui Nguema “baganiriye ku rugendo rwo guhererekanya ubutegetsi muri Gabon, ku mutekano ku Mugabane no mu Karere k’Umuryango wa ECCAS ndetse no ku mahirwe atandukanye y’imikoranire hagati ya Gabon n’u Rwanda.”

Perezida wa Gabon, General Oligui Nguema yavuze ko yishimiye ibiganiro yagiranye na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, byagarutse ku mateka ahuriweho n’Ibihugu bayoboye (Gabon n’u Rwanda).

Mu butumwa yanyujije kuri X, General Oligui Nguema yagize ati “Twiyemeje kongera ubufatanye mu nzego z’ingenzi nk’Uburezi, ubucuruzi, ubukungu, ubuhinzi ndetse n’ikoranabuhanga rigezweho.”

General Brice Clotaire Oligui Nguema yakiriwe na Perezida Paul Kagame nyuma y’iminsi micye anabonanye na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, aho yamwakiriye mu cyumweru gishize tariki 12 Ukwakira 2023.

Oligui Nguema uyoboye inzibacyuho muri Gabon akomeje kugenderera Ibihugu bigize ECCAS mu rwego rwo gushaka amaboko yo gufatanya na byo mu rugendo rwo kubaka ubutegetsi bwa kiriya Gihugu giherutse gukorwamo ihirikwa ry’ubutegetsi ryanayobowe na we.

Ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon, ryabaye tariki 30 Kanama, ubwo igisirikare cyatangazaga ko cyahiritse Ali Bongo wari umaze igihe gito atangajwe ko yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Nyuma y’iminsi micye habaye iri hirikwa ry’Ubutegeti, tariki 04 Nzeri 2023, General Oligui Nguema wariyoboye, yarahiriye kuyobora Gabon mu nzibacyuho.

Perezida Kagame yakiriye mu Biro bye General Oligui Nguema
Bagiranye ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye

General Oligui Nguema yishimiye ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Indi ngingo igezweho ku bahanzi bayoboye muzika Nyarwanda bamaze iminsi barigaruriye amakuru y’imyidagaduro

Next Post

Hamenyekanye icyakurikiye ihamagazwa ry’umunyamakuru wavuze ibyateje impaka kuri Miss Jolly

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyakurikiye ihamagazwa ry’umunyamakuru wavuze ibyateje impaka kuri Miss Jolly

Hamenyekanye icyakurikiye ihamagazwa ry’umunyamakuru wavuze ibyateje impaka kuri Miss Jolly

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.