Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uhagarariye u Rwanda mu Nteko ya EAC yikomye uwa DRCongo amusaba kutayobya imbaga

radiotv10by radiotv10
13/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uhagarariye u Rwanda mu Nteko ya EAC yikomye uwa DRCongo amusaba kutayobya imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite uhagarariye u Rwanda mu Nteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yasabye mugenzi we wa DRC kudakomeza kuzamura ibinyoma byakunze kwegekwa ku Rwanda, nyuma y’uko na we abizamuye.

Ni mu bikorwa by’iyi Nteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, mu biganiro byabaye mu cyumweru gishize mu mirimo y’iyi nteko yaberaga i Arusha muri Tanzania, aho umwe bahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagendaga mu mujyo umwe n’ubutegetsi bw’Igihugu cye cyakunze gushinja u Rwanda ibinyoma.

Uyu mudepite w’Umunyekongo witwa Evariste Kalala, wafatiranye ubwo ibi biganiro byarimo bihumuza, akazamura ibi binyoma ko u Rwanda rufite uruhare mu bibazo biri muri Congo.

Yagize ati “Hari benshi muri DRC bari kwicwa kandi n’umutungo kamere w’Igihugu cyacu uri kwibwa n’Igihugu tuzi ko turi kumwe mu Muryango.”

Ni ibirego by’ibinyoma bitari bishya, kuko uretse uyu mushingamategeko uhagarariye DRC muri EALA, n’abategetsi banyuranye mu Gihugu cye, bakunze kubizamura, ariko ab’u Rwanda nabo ntibahweme kubitera utwatsi, bashimangira ko ibibazo bya kiriya Gihugu ari ibyacyo ubwacyo, ahubwo ko cyagize ibibazo by’imiyoborere idashoboye kubikemura.

Hon. Fatuma Ndangiza uhagarariye u Rwanda muri iyi Nteko ya EALA, yahise asubiza uyu mugenzi we wo muri Congo, ko ibyo yari amaze kuvuga biyobya kandi ko nta shingiro bifite.

Yagize ati “Ntibyari bikwiye ko mugenzi wacu azamura ibintu bivugwa bidafite icyo bishingiyeho, asebya Igihugu gifite ubusugire n’ubudahangarwa.”

Ibi kandi binaherutse kugarukwaho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, wavuze ko ibyo kuba abayobozi bo muri Congo bakunze kuzamura ibirego nk’ibi by’ibinyoma bimaze kuba nk’ivanjiri kuko aho bageze hose babivuga, ariko ko bari bakwiye kuvuga ahubwo ibibazo nyirizina biri mu Gihugu cyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya

Next Post

Ubuzima bwabaye nk’ubwahagaze muri Gaza kubera ibibombe biri kuharaswa ubutitsa

Related Posts

BREAKING: Mu Bubiligi hazamutse ubwoba bwatumye hafungwa ibibuga by’indege bibiri birimo igikoreshwa cyane

BREAKING: Mu Bubiligi hazamutse ubwoba bwatumye hafungwa ibibuga by’indege bibiri birimo igikoreshwa cyane

by radiotv10
05/11/2025
0

Ibikorwa byo ku Kibuga cy’Indege cya Bruxelles n’icya Liège mu Bubiligi, byahagaze kubera impungenge z’umutekano zatewe n’indege zitagira abapilote (Drones)...

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

by radiotv10
05/11/2025
0

Perezida Xi Jinping w'u Bushinwa yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Burusiya, Mikhail Mishustin; yizeza gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi. Kuri...

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

IZIHERUKA

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda
MU RWANDA

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

BREAKING: Mu Bubiligi hazamutse ubwoba bwatumye hafungwa ibibuga by’indege bibiri birimo igikoreshwa cyane

BREAKING: Mu Bubiligi hazamutse ubwoba bwatumye hafungwa ibibuga by’indege bibiri birimo igikoreshwa cyane

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuzima bwabaye nk’ubwahagaze muri Gaza kubera ibibombe biri kuharaswa ubutitsa

Ubuzima bwabaye nk'ubwahagaze muri Gaza kubera ibibombe biri kuharaswa ubutitsa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

BREAKING: Mu Bubiligi hazamutse ubwoba bwatumye hafungwa ibibuga by’indege bibiri birimo igikoreshwa cyane

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.