Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abatanga amaraso barasabwa guhozaho

radiotv10by radiotv10
21/09/2021
in Uncategorized
0
Abatanga amaraso barasabwa guhozaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’ikigo cyo gutanga amaraso kirasaba abatanga amaraso kutabikora rimwe gusa kuko impamvu ituma atangwa zitavuyeho, ni ubutumwa bwatanzwe ubwo umuryango udaharanira inyungu “We Love You” bakoraga  igikorwa cyo   gutanga amaraso.

Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ritangaza ko muri miliyoni 118.5 z’abatanga amaraso ku isi , 40% bakomoka mu bihugu bikize bangana na 16% ry’abatuye isi.

Ibi nibyo  urubyiruko rwo mumuryango mpuzamahanga we love you baheraho bavuga ko bafashe iyambere bakajya gutanga amaraso kugirango batabare abayakeneye kuko kuribo babifata nko gutanga ubuzima.

Umwe yagize ati “Njyewe naje gutanga amaraso kuko nizerako iyo nyatanze mba ntabaye ubuzima bwa benshi abo ntazi nabo nzi. Rwose ni igikorwa cy’urukundo dukwiye kwitabira “

Undi ati “Gutanga amaraso ni igikorwa kinshimisha kuko mba ntabaye ubuzima wenda bw’uwari ugiye gupfa urumva ko mba nkoze igikorwa cyo gutabara, njyewe nyatanaga nishimye kandi kenshi kugirango  ntabare”

Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga we love you Mugabe Elve avuga ko umuryango wabo wibanda kubikorwa by’urukundo bigamije gutabara isi  ati “Iyi ni inshuro ya maganane na mirongo ine na rimwe umuryango wacu utanag amaraso kandi ni igikorwa cyakorewe mubihugu bitandukanye  ,ni ugutanga ubuzima ni ugutanga urukundo kuko bifasha abari bagiye kubura ubuzima ;bitewe no kubura amaraso”

Ubusabe bw’ibitaro bisaba amaraso  muri 2014, byari ku kigero cya 47% bivuze ko niba ibitaro bisabye amashashi y’amaraso 100,ubushobozi bwari buhari bwari ubwo guha  ibyo bitaro amashashi 47. kwegera abatanga amaraso byazamuye ibipimo bituma icyo kigero kigera kuri 94% mu mwaka wa 2020. Kuri ubu urugero rwo gutanga amaraso  ruri  hagati ya 95,5% na 96%. Umwaka ushize habonetse  amashashi ibihumbi 68.

Ikigo gishinzwe gutanga amaraso kivuga ko mu maraso yose atangwa, 1,2% byayo ariyo adahabwa abarwayi bitewe n’ibibazo aba afite birimo uburwayi bw’umwijima wo mu bwoko bwa B cyangwa C, syphillis cyangwa Virus itera SIDA.

Muri iki gihe abantu bahabwa urukingo rwa Covid19, iki kigo kivuga ko nyuma y’amasaha 48, uwahawe urukingo rwa COVID-19 aba yemerewe kuba yatanga amaraso.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 4 =

Previous Post

Manasseh Mutatu Mbeddy yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Next Post

10 KONNEKT: Uburyo bwagufasha gushyushya umugati waraye cyangwa watangiye gukomera

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 KONNEKT: Uburyo bwagufasha gushyushya umugati waraye cyangwa watangiye gukomera

10 KONNEKT: Uburyo bwagufasha gushyushya umugati waraye cyangwa watangiye gukomera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.