Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubuvuzi bw’u Rwanda bwateye intambwe ikomeye izaniye amahirwe bamwe bumvaga ko bahumye burundu

radiotv10by radiotv10
21/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubuvuzi bw’u Rwanda bwateye intambwe ikomeye izaniye amahirwe bamwe bumvaga ko bahumye burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyatangije ishami ry’ubuvuzi bw’amaso, rizatanga serivisi igezweho yo gusimbuza imboni z’amaso zahumye, aho bamwe mu bamaze guhabwa iyi serivisi bavuga ko ubu babona nyamara barahoze barahumye.

Ni ubuvuzi bugezweho busanzwe bukoreshwa mu Bihugu byateye imbere, aho umuntu ufite imboni yahumye, ikurwamo agashyirirwamo ibona, akongera kureba nta nkomyi.

Dr. Alex Nyemanzi, Umuyobozi wungirije w’abaganga bavura amaso, avuga ko mu Rwanda hagaragara indwara zifata ibice bitandukanye by’amaso birimo n’imboni isanzwe ari igice cy’ingenzi cy’amaso.

Ati “Ubusanzwe iyo imboni yarwaye, ikenera gusimbuzwa. Gusimbuzwa kw’imboni rero, nta mboni tugira mu Gihugu, inyinshi ziva hanze.”

Dr. Alex Nyemanzi akomeza avuga ko mu Rwanda hari abantu benshi bahumye kubera ibibazo bitandukanye ariko ko abangana na 4,8% muri bo bahumye kubera ibibazo by’imboni.

Ati “Izo mboni rero kugira ngo tuzibone twazikuraga hanze y’Igihugu. Hari iziva i Burayi, hari iziva muri America, hari iziva muri Asia; kandi zikanahenda cyane.”

Yakomeje agira ati “Ni ho inzego zitandukanye; MINISANTE, RBC, n’abaganga b’amaso twicaye tukavuga tuti ‘ariko se abarwayi bacu b’Abanyarwanda bazahuma kugeza ryari? Kuki tutatangiza uburyo bwo kwishakamo imboni.”

Avuga ko aha ari ho havuye igitekerezo cyo gutangiza iri shami rizajya ritanga izi serivisi, ku buryo rizagabanya umubare w’abantu bahumaga mu Rwanda.

Emmenuel Kubwimana wahinduriwe imboni, avuga ko yarwaye amaso akiri umwana muto yiga mu mashuri abanza, ariko ababyeyi be ntibabyiteho, bikaza kugeza aho ahuma burundu, ndetse akaza no koherezwa mu kigo cy’abantu bafite ubumuga bwo kutabona.

Avuga ko yaje kuvurwa hakoreshejwe ubu buryo bwo gusimbuza imboni, none ubu asigaye abona. Ati “Nyuma yo guhindurirwa imboni z’amaso ebyiri, byagenze neza, ndabasha kureba neza.”

Emmenuel Kubwimana uvuga ko yahawe iyi serivisi ahenzwe kuko yishyuye miliyoni 2,3 Frw, ariko ko aho hatangirijwe ubu buryo bwo gukora imboni mu Rwanda, iyi serivisi igiye guhenduka.

Uyu musore uri mu mwaka wa mbere wa kaminuza mu by’ubuvuzi, avuga ko afite inzozi zo kuba umuganga w’amaso, kandi ko yishimiye kuba agiye kuzinjira muri uyu mwuga hari intambwe yatewe mu Rwanda muri ubu buvuzi bwatumye yongera kubona.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

AMAFOTO: Sogongera ku bwiza bwa Hoteli y’ubwato izanye ikirungo mu byiza by’u Rwanda

Next Post

Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.