Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi ku masezerano y’u Rwanda na Jordanie yasinywe hari Perezida Kagame n’Umwami Abdullah II

radiotv10by radiotv10
08/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi ku masezerano y’u Rwanda na Jordanie yasinywe hari Perezida Kagame n’Umwami Abdullah II
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe ari kugirira mu Rwanda, Umwami wa Jordanie Abdullah II Ibn Al-Hussein, we na Perezida Paul Kagame, bayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye n’ubutwererane hagati y’Ibihugu byombi.

Ni nyuma y’uko Umwami Abdullah II ageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 07 Mutarama 2024, akakirwa na Perezida Paul Kagame ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe.

Perezida Paul Kagame kandi yanakiriye Umwami wa Jordanie mu Biro bye muri Village Urugwiro, bagirana ibiganiro, banayobora umuhangwo wo gushyira umukono ku masezerano y’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof Jean Chrysostome Ngabitsinze, naho ku ruhande rw’Ubwami bwa Jordanie, ashyirwaho umukono na Minisitiri wUbucuruzi n’Inganda, Yousef Al Shamali.

Muri aya masezerano ajyanye n’ubucuruzi, agamije gukuraho imbogamizi ziri mu bucuruzi hagati y’Ibihugu byombi, arimo ingingo zinyuranye nko gukuraho gusoreshwa kabiri ibicuruzwa, bigamije gukumira amayeri yo guhunga imisoro byajyaga bigaragara.

Hanasinywe kandi amasezerano ajyanye no gusangizanya ubumenyi mu bijyanye n’ubuzima n’ubuvuzi, hagati y’u Rwanda n’Ubwami bwa Jordanie.

Impande zombi kandi zanashyize umukono ku masezerano ajyanye n’ubufatanye mu by’ubuhinzi, dore ko Jordanie ari Igihugu cyateye imbere muri uru rwego, kikaba gifite byinshi cyasangiza u Rwanda.

Umuhango w’isinywa ry’aya masezerano, uretse kuba wayobowe n’Umwami rwa Jordanie na Perezida Kagame w’u Rwanda, warimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, hari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta; Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano n’Iperereza (NISS), Maj Gen Joseph Nzabamwita, ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Francis Gatare.

Biteganyijwe ko Umwami wa Jordanie, kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024, asura ibikorwa binyuranye mu Rwanda, birimo Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ku Gisozi, akunamira inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye.

Ubwo Umwami Abdallah II yageraga ku Kibuga cy’Indege i Kanombe
Yakiriwe na Perezida Paul Kagame
Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Jordanie mu Biro bye

Bagiranye ibiganiro
Bayoboye isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye
Aya masezerano yashyizweho umukono n’impande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 13 =

Previous Post

APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

Next Post

Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.