Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Abanyeshuri baburiye ibikoresho mu nkongi yibasiye icumbi ryabo bakorewe igikorwa cyabanejeje

radiotv10by radiotv10
26/01/2024
in MU RWANDA
0
Ngoma: Abanyeshuri baburiye ibikoresho mu nkongi yibasiye icumbi ryabo bakorewe igikorwa cyabanejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Ku bufatanye bwa Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma, baremeye abana bo mu ishuri rya Gahima AGAPE ryo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, babaha ibikoresho birimo matela nyuma y’uko inkongi y’umuriro yibasiye icumbi ryabo igakongokeramo ibyarimo byose.

Iyi nkongi yibasiye iri suri rya Gahima AGAPE ry’Itorere EAR, yadutse ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024, ubwo abanyeshuri barimo basubiramo amasomo.

Iyi nkongi yafashe amacumbi y’abanyeshuri b’abahungu, yangije ibikoresho byose byari birimo; nka Matela ndetse n’ibindi.

Kuri uyu wa Kane tariki 25 Mutarama 2024, aba banyeshuri baburiye ibikoresho muri iyi nkongi, bashumbushijwe, bahabwa ibikoresho birimo ibyo kuryamira.

Ni igikorwa cyakozwe ku bufatanye bw’Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA, nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mukayiranga Marie Gloriose.

Yagize ati “Hari ubufasha twahawe na MINEMA. Buri mwana arongera abone matela ye, amashuka, ibikoresho by’isuku, imyenda, inkweto, amakaye n’ibindi.”

Uyu muyobozi kandi avuga ko inyubako yafashwe n’inkongi y’umuriro, itari yarashyizwe mu bwishingizi, aboneraho gusaba ibigo by’amashuri kujya bashyirisha mu bwishingizi inyubako zabyo kugira ngo igihe habaye impanuka nk’iyi bubaramire.

Yagize ati “Twavuganye n’ubuyobozi bw’Ikigo na ba nyiracyo, tubereka ko ibyabaye ari uburangare, tubasaba ko ibikorwa remezo byose by’amashuri bigomba kuba mu bwishingizi.”

Iyi nkongi yibasiye iri shuri ryo mu Karere ka Ngoma, nyuma y’iminsi micye n’icumbi ry’abanyeshuri b’abahungu biga mu ishuri ryo mu Karere ka Gakenke, na ryo rifashwe n’inkongi yo yanahitanye umwana umwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 6 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Undi Perezida yagendereye u Rwanda aba uwa kabiri warusuye ku munsi umwe

Next Post

IFOTO Y’UBWUZU: Abana bagaragaje akanyamuneza k’amahirwe yo kwegera Perezida Kagame imbonankubone

Related Posts

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO Y’UBWUZU: Abana bagaragaje akanyamuneza k’amahirwe yo kwegera Perezida Kagame imbonankubone

IFOTO Y’UBWUZU: Abana bagaragaje akanyamuneza k’amahirwe yo kwegera Perezida Kagame imbonankubone

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.