• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Bahishuye ingeso y’ibitemewe yakujije indi ibabangamiye

radiotv10by radiotv10
02/02/2024
in MU RWANDA
0
Gisagara: Bahishuye ingeso y’ibitemewe yakujije indi ibabangamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko barembejwe n’ubujura bukabije bw’imyaka, bukorwa n’ababa bashaka amafaranga yo kujya kugura inzoga z’inkorano.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko batagitunga imyaka, kuko yibwa n’abajura, batanatinya gutobora inzu.

Umwe yagize ati “Ibigori, ibitoki byose bariba nta na kimwe basize, konteri z’ivomero na za robine zazo, insinga z’amashanyarazi byose barabyiba.”

Aba baturage bavuga kandi ko n’imyaka ikiri mu mirima, bayiba, ku buryo bamwe basigaye barize amayeri yo kuyisarura itarera. Undi ati “Tujya gusarura dutanguranwa ngo batabitwiba.”

Aba baturage bavuga ko ababiba babazi, kuko hari abaramuka biyicariye ntacyo bakora, ariko umugoroba waza, bakaba basinze, ku buryo ntahandi bakura amafaranga yo kunywera atari mu bujura.

yakomeje avuga ko hari nk’abantu bazinduka biyicariye ntacyo bakora nyamara bo biriwe mu murima bahinga bashakisha nyamara wababona mu yandi masaha ugasanga nibo basinze bariye kandi bahaze.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Gisagara ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Habineza Jean Paul avvuga ko ubuyobozi bwahagurukiye iki kibazo ndetse ko hari bamwe mu bakekwaho ubu bujura, bafashwe.

Yagize ati “Mu bujura naho tumaze gufatirayo abantu batari bacye, barafungwa. Icyo twasaba abaturage ni ukwicungira umutekano kuko ahashoboka hose nk’ubuyobozi tuba twashyizeho irondo kandi n’irondo rya ku manywa rirashoboka.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 14 =

Previous Post

Imyigaragambyo idasanzwe yadutse i Burayi yakajije umurindi mu isura itari yitezwe

Next Post

Habaye igisa n’igitangaza ku mugabo wari umaze umunsi urenga yagwiriwe n’ikirombe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Habaye igisa n’igitangaza ku mugabo wari umaze umunsi urenga yagwiriwe n’ikirombe

Habaye igisa n’igitangaza ku mugabo wari umaze umunsi urenga yagwiriwe n’ikirombe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.