Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyigaragambyo y’abahinzi mu Bufaransa yahinduye isura

radiotv10by radiotv10
31/01/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imyigaragambyo y’abahinzi mu Bufaransa yahinduye isura
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Bufaransa iryamiye amajanja kugira ngo ihangane n’abahinzi bari mu myigaragambyo mu gihe baba barenze nyirantarengwa bahawe, mu gihe bo bakomeje urugendo rugana aho babujijwe kwinjira.

Aba bahinzi barimo aba kijyambere, bari mu myigaragambyo bari gukoreshamo ibimodoka bihinga, bari gukoresha bafunga imihanda ijya mu murwa mukuru i Paris, muri Lyon ndetse no mu bindi bice bitandukanye mu Bufaransa.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Mutarama 2024, ku munsi wa gatatu w’imyigaragambyo, abahinzi babarirwa mu bihumbi, bakomeje kwirara mu mihanda, mu gihe Polisi na yo iryamiye amajanja ngo ihangane na bo igihe baba barenze umurongo utukura.

Mu myigaragambyo yabo, barasaba Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na Guverinoma ye, gukuraho imbogamizi zibabangamiye, zirimo ibiciro biri hasi bagurirwaho umusaruro wabo, ndetse no kubafasha guhangana ku isoko mpuzamahanga.

Perezida w’Ishyirahamwe ry’abahizi mu ishami rya Lot-et-Garonne, Serge Bousquet-Cassagne; ubwo yabwiraga abigaragambya, yagize ati “Ntewe ishema namwe. Muri kurwana uru rugamba kuko nitutarurwana, tuzapfa.”

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Gérald Darmanin yaburiye aba bahindi bari mu myigaragambyo kudahirahira begera agace ka Rugis gasanzwe kabamo amaguriro y’ibiribwa ndetse n’indi mijyi mikuru, ndetse asaba Polisi ko igihe bagerageje kurenga kuri aya mabwiriza, guhita ihangana nabo.

Yagize ati “Ntibashobora kurwanya Polisi, ntibashobora kwinjira muri Rungis, ntibashobora kwinjira mu Bibuga by’indege by’i Paris cyangwa i Paris rwagati.”

Ibimodoka by’abahinzi bimaze iminsi mu mihanda, ndetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, byari byafashe urugendo byerecyeza muri uyu mujyi wa Rungis, babujijwe kwinjiramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − one =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye Abadepite ba Maldives bafatana mu mashati bagaterana ibipfunsi mu Nteko

Next Post

Bidateye kabiri America yongeye kugaragarizwa ko igitinyiro cyayo kiri kuyoyoka

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

by radiotv10
13/09/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje urupfu rwa General Muaku Mbuluku Daniel wari ukuriye Ingabo muri rejiyo...

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

by radiotv10
12/09/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko ukekwaho kwica Charlie Kirk, yatawe muri yombi. Trump atangaza...

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za America FBI, rwashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza ukekwaho kwica arasiye mu ruhame...

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

by radiotv10
12/09/2025
0

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye....

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

by radiotv10
12/09/2025
0

Urukiko rwo mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo rwakatiye Abashinwa barindwi igifungo cy’imyaka 20 kuri buri umwe, nyuma yo...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidateye kabiri America yongeye kugaragarizwa ko igitinyiro cyayo kiri kuyoyoka

Bidateye kabiri America yongeye kugaragarizwa ko igitinyiro cyayo kiri kuyoyoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.