• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Abarenga 270 bagizweho ingaruka n’iturika ry’imodoka yari itwaye Gaz

radiotv10by radiotv10
02/02/2024
in AMAHANGA
0
Kenya: Abarenga 270 bagizweho ingaruka n’iturika ry’imodoka yari itwaye Gaz
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu barenga 270 bakomerekeye mu iturika ry’imodoka yari itwaye amacupa ya Gaz yaturikiye i Nairobi mu Murwa Mukuru wa Kenya, naho babiri bahasiga ubuzima.

Iyi modoka yaturikiye mu gace k’inganda ka Mradi gaherereye i Nairobi muri Kenya, bikimara kuba hahise haduka inkongi y’umuriro.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Kenya, Isaac Mwaura, yatangaje ko ubwo iyi modoka yaturikaga, hahise hazamuka ikibatsi cy’umuriro, wanakongeje inzu z’abaturage bo muri aka gace mu ijoro.

Ibinyamakuru bitandukanye nka The African News, byavuze ko aba bantu babiri bahasize ubuzima, barimo umukuru n’umwana utarageza imyaka 18 y’amavuko.

Gusa yi mibare ikaba ishobora no kwiyongera bitewe n’umubare w’abakomeretse kandi bikomeye.

Icyakora BBC ivuga ko umuryango utabara imbabare wa Croix Rouge, watangaje ko abantu 271 bakomeretse bagahita bajyanwa ku bitaro bitandukanye guhabwa ubutabazi, abandi 27 bagafashirizwa aho iyi mpanuka yabereye batiriwe bajyanwa kwa muganga.

Nubwo hahise hatangira iperereza ryo gucukumbura icyateye iyi mpanuka, kugeza ubu ntikiramenyekana.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + nineteen =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku bakekaga ko ibinini bivugwaho kubamo Virusi y’ubukana byageze mu Rwanda

Next Post

M23 yavuze icyo igereranya nacyo ibitero bya FARDC n’ingabo z’u Burundi byakajije umurego

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
M23 yavuze icyo igereranya nacyo ibitero bya FARDC n’ingabo z’u Burundi byakajije umurego

M23 yavuze icyo igereranya nacyo ibitero bya FARDC n’ingabo z’u Burundi byakajije umurego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.