Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda umaze imyaka 30 yarabeshye America yatahuwe ahita atabwa muri yombi

radiotv10by radiotv10
22/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Eric Tabaro Nshimiyimana ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yafashwe n’ubutabera bw’iki Gihugu nyuma yo gutahura ko amaze imyaka 30 yarabihishe.

Uyu Munyarwanda yafashwe kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe 2024, muri Leta ya Ohio aho atuye, akaba akurikiranyweho n’Ubutabera bwa America, ibyaha birimo guhisha ibimenyetso by’amakuru y’impamo.

Akurikiranyweho kandi kubeshya Urukiko mu rubanza rw’uwitwa Teganya Jean Leonard, aho yari umutangabuhamya mu rubanza rwabaye mu 2019, akarutangamo amakuru anyuranye n’ukuri.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, Nshimiyimana yari umurwanashyaka w’ishyaka rya MRND ryateguye Jenoside yakorewe Abatutsi rikanayishyira mu bikorwa, aho yari umwe mu bakomeye muri iri shyaka, dore ko yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda.

Umushinjacyaha w’Agataganyo wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joshua S. Levy yavuze ko Ubutabera bw’iki Gihugu bukurikiranye kuri uyu Munyarwnada ibirimo kuba amaze imyaka 30 yarahishe uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Yavuze ko uru ruhare rwe yaruhishe agamije kugira ngo abone ubuhungiro n’ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Joshua yatangaje ko Itegeko ryerecyeye abimukira n’abashaka ubuhungiro rya USA ridashobora guhonyorwa ku bantu nk’aba baka ubuhungiro biyoberanyije kandi barakoze ibibi.

Yagize ati “Itegeko ryacu rirebana n’abimukira n’abashaka ubuhungiro ribereyeho kurinda abagizweho ingaruka n’itotezwa, ntabwo ribereyeho ababigizemo uruhare.”

Yizeje ko inzego zo muri Leta Zunze Ubumwe za America, zizakomeza gushakisha abantu nk’aba, ndetse bakagezwa imbere y’Ubutabera.

Nshimiyimana usanzwe ari mu bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, akurikiranyweho kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’abatutsi b’ingeri zitandukanye, aho we ubwe akurikiranyweho kuba hari abo yishe akoresheje ubuhiri n’umuhoro.

Inyandiko zitanga ubuhamya bw’ibyo yakoze muri Jenoside, zivuga ko hari umwana w’umuhungu w’imyaka 14 yise, ndetse n’umugabo wari ufite ibyo akora muri Kaminuza y’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Next Post

Rwanda: Uko ikofi yabaye intandaro y’urupfu rw’abasore babiri bavukana

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda: Uko ikofi yabaye intandaro y’urupfu rw’abasore babiri bavukana

Rwanda: Uko ikofi yabaye intandaro y’urupfu rw’abasore babiri bavukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.