Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bite by’ikibazo Abamotari babwiye Perezida akizezwa na Minisitiri ko kizakemuka mu mezi abiri hakaba hashize umwaka?

radiotv10by radiotv10
29/03/2024
in MU RWANDA
0
Bite by’ikibazo Abamotari babwiye Perezida akizezwa na Minisitiri ko kizakemuka mu mezi abiri hakaba hashize umwaka?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umwaka umwe n’igice Minisitiri w’Ibikora Remezo yemereye Umukuru w’Igihugu ko Guverinoma igiye gukemura ikibazo cy’ubwishingizi bw’Abamotari buhanitse mu gihe kitarenze amezi abiri; byatangajwe ko ubu itegeko ryamaze kunozwa.

Mu kwezi kwa Kanama (8) 2022 ubwo Perezida Paul Kagame yasuraga abaturage mu Karere ka Ruhango, mu bibazo yakirijwe harimo n’icy’ibiciro bw’ubwishingizi bwa moto bwari bumaze iminsi butumbagijwe.

Bizimana Pierre wavugaga ko akora akazi ko gutwara abagezni kuri moto, mu kibazo yavuganye ikiniga imbere y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ibibazo bifitwe n’Abamotari ariko yitsa cyane ku cy’ubwishingizi.

Icyo gihe yagize ati “Njyewe ndakikubwira nkanjye nk’umuntu usanzwe ukora uwo mwuga. Dufite ikibazo cy’ubwishingizi buhenze cyane, ku buryo moto yanjye nyishyurira ubwishingizi bw’ibihumbi 165 Frw. Twishyura ibintu byinshi ku buryo utabona amafaranga yo kugura umwenda cyangwa kurihira umwana ishuri. Turabasaba kugira ngo ikibazo cyacu kibe icyanyu mukidukurikiranire.”

Muri ako kanya, Dr Nsabimana Erneste wari Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yabwiye Umukuru w’Igihugu ko iki kibazo cyagombaga kurangira mu mezi abiri yonyine.

Na we yari yagize ati “Icyo kibazo avuze ni cyo, ariko inzego zirimo ziragikurikirana, mu gihe kitarenze amezi abiri kiraba cyakemutse.”

Uwabajije iki Kibazo Umukuru w’Igihugu yahise agaruka mu mvugo isa n’igaragaza ko afitiye icyizere Perezida Kagame wenyine kuko ari we ujya akemura ibibazo nk’ibi.

Yari yongeye agira ati “Ikintu gitumye mpagarara hano ni ukubashimira kubera ko mubashije kucyumva. Twararenganye rwose; Nyakubahwa; muzakurikirane ko iki kibazo babashije kugikemura kuko twaragowe.”

Mbere y’uko uyu muturage abaza Perezida Kagame iki kibazo, muri Nzeri 2021; nyuma y’amezi ane ubwo bwishingizi buvugisha abakora uyu mwaga; Ngarambe Daniel wayoroga iryari Ihuriro ry’amakoperative y’abamotari mu Rwanda, yari yabwiye RADIOTV10 ko Banki Nkuru y’u Rwanda iri mu bari kugishakira igisubizo.

Icyo gihe Niyonizeye Bilme wari umuyobozi w’agateganyo w’ishami rishinzqwe ubwishingizi muri BNR na we yari yemeye ko iyi Banki koko iri kuvugutira umuti iki kibazo.

Yari yagize ati “Banki Nkuru yakoresheje inyigo igamije kureba igiciro gikwiye ku bwishingi bw’ibinyabiziga mu byiciro byose, ubwo n’icyo cya moto kizazamo.”

Gusa abakora umwuga wo gutwara abantu kuri Moto, baracyarira ayo kwarika kubera ibiciro by’ubwishingizi bigihanitse, nk’uko bamwe babibwiye RADIOTV10.

Umwe yagize ati “Ubwishingizi bw’ibinyabiziga bwarazamutse cyane, kandi ibintu byarahenze. Ni yo mpamvu usanga umumotari nta cyangombwa na kimwe afite.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangambwa yavuze ko kugeza ubu hari ikiri gukorwa kuri izi mpungenge z’abamotari, kandi ko bigeze kure.

Yagize ati “Guhera muri 2018 bazamura bwa mbere; ni bwo bagerageje gushyiraho ibiciro bijyanye n’ibyo bishingira uko bimeze. Ibyuma bakoresha imodoka byarazamutse, ubuvuzi bw’iyo umuntu yakomeretse byarazamutse; ibyo byose bijya mu giciro bakwaka iyo ugiye gushinganisha ikinyabiziga cyawe. Itegeko icyo ryagombaga gufasha ni ugufasha kugabanya amafaranga abantu basaba iyo habaye impanuka. Uyu munsi riri muri Leta ritegereje ko Leta iryemeza ikarijyana mu Nteko.”

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi ivuga ko urwego rw’ubwishingizi muri rusange ruhagaze neza, icyakora ikavuga ko kuva muri 2019 kugeza muri 2023 ubwishingizi bw’ibinyabiziga bwakoreye mu bihombo biri hagati ya miliyari 1 kugeza kuri miliyari 4 Frw.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 15 =

Previous Post

Gen.Alex Kagame yagaragarije Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique ishusho y’ibikorwa bya RDF i CaboDelgado

Next Post

Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.