Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bite by’ikibazo Abamotari babwiye Perezida akizezwa na Minisitiri ko kizakemuka mu mezi abiri hakaba hashize umwaka?

radiotv10by radiotv10
29/03/2024
in MU RWANDA
0
Bite by’ikibazo Abamotari babwiye Perezida akizezwa na Minisitiri ko kizakemuka mu mezi abiri hakaba hashize umwaka?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umwaka umwe n’igice Minisitiri w’Ibikora Remezo yemereye Umukuru w’Igihugu ko Guverinoma igiye gukemura ikibazo cy’ubwishingizi bw’Abamotari buhanitse mu gihe kitarenze amezi abiri; byatangajwe ko ubu itegeko ryamaze kunozwa.

Mu kwezi kwa Kanama (8) 2022 ubwo Perezida Paul Kagame yasuraga abaturage mu Karere ka Ruhango, mu bibazo yakirijwe harimo n’icy’ibiciro bw’ubwishingizi bwa moto bwari bumaze iminsi butumbagijwe.

Bizimana Pierre wavugaga ko akora akazi ko gutwara abagezni kuri moto, mu kibazo yavuganye ikiniga imbere y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ibibazo bifitwe n’Abamotari ariko yitsa cyane ku cy’ubwishingizi.

Icyo gihe yagize ati “Njyewe ndakikubwira nkanjye nk’umuntu usanzwe ukora uwo mwuga. Dufite ikibazo cy’ubwishingizi buhenze cyane, ku buryo moto yanjye nyishyurira ubwishingizi bw’ibihumbi 165 Frw. Twishyura ibintu byinshi ku buryo utabona amafaranga yo kugura umwenda cyangwa kurihira umwana ishuri. Turabasaba kugira ngo ikibazo cyacu kibe icyanyu mukidukurikiranire.”

Muri ako kanya, Dr Nsabimana Erneste wari Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yabwiye Umukuru w’Igihugu ko iki kibazo cyagombaga kurangira mu mezi abiri yonyine.

Na we yari yagize ati “Icyo kibazo avuze ni cyo, ariko inzego zirimo ziragikurikirana, mu gihe kitarenze amezi abiri kiraba cyakemutse.”

Uwabajije iki Kibazo Umukuru w’Igihugu yahise agaruka mu mvugo isa n’igaragaza ko afitiye icyizere Perezida Kagame wenyine kuko ari we ujya akemura ibibazo nk’ibi.

Yari yongeye agira ati “Ikintu gitumye mpagarara hano ni ukubashimira kubera ko mubashije kucyumva. Twararenganye rwose; Nyakubahwa; muzakurikirane ko iki kibazo babashije kugikemura kuko twaragowe.”

Mbere y’uko uyu muturage abaza Perezida Kagame iki kibazo, muri Nzeri 2021; nyuma y’amezi ane ubwo bwishingizi buvugisha abakora uyu mwaga; Ngarambe Daniel wayoroga iryari Ihuriro ry’amakoperative y’abamotari mu Rwanda, yari yabwiye RADIOTV10 ko Banki Nkuru y’u Rwanda iri mu bari kugishakira igisubizo.

Icyo gihe Niyonizeye Bilme wari umuyobozi w’agateganyo w’ishami rishinzqwe ubwishingizi muri BNR na we yari yemeye ko iyi Banki koko iri kuvugutira umuti iki kibazo.

Yari yagize ati “Banki Nkuru yakoresheje inyigo igamije kureba igiciro gikwiye ku bwishingi bw’ibinyabiziga mu byiciro byose, ubwo n’icyo cya moto kizazamo.”

Gusa abakora umwuga wo gutwara abantu kuri Moto, baracyarira ayo kwarika kubera ibiciro by’ubwishingizi bigihanitse, nk’uko bamwe babibwiye RADIOTV10.

Umwe yagize ati “Ubwishingizi bw’ibinyabiziga bwarazamutse cyane, kandi ibintu byarahenze. Ni yo mpamvu usanga umumotari nta cyangombwa na kimwe afite.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangambwa yavuze ko kugeza ubu hari ikiri gukorwa kuri izi mpungenge z’abamotari, kandi ko bigeze kure.

Yagize ati “Guhera muri 2018 bazamura bwa mbere; ni bwo bagerageje gushyiraho ibiciro bijyanye n’ibyo bishingira uko bimeze. Ibyuma bakoresha imodoka byarazamutse, ubuvuzi bw’iyo umuntu yakomeretse byarazamutse; ibyo byose bijya mu giciro bakwaka iyo ugiye gushinganisha ikinyabiziga cyawe. Itegeko icyo ryagombaga gufasha ni ugufasha kugabanya amafaranga abantu basaba iyo habaye impanuka. Uyu munsi riri muri Leta ritegereje ko Leta iryemeza ikarijyana mu Nteko.”

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi ivuga ko urwego rw’ubwishingizi muri rusange ruhagaze neza, icyakora ikavuga ko kuva muri 2019 kugeza muri 2023 ubwishingizi bw’ibinyabiziga bwakoreye mu bihombo biri hagati ya miliyari 1 kugeza kuri miliyari 4 Frw.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Gen.Alex Kagame yagaragarije Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique ishusho y’ibikorwa bya RDF i CaboDelgado

Next Post

Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.