Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amateka ateye amatsiko yo mu buto bwa Perezida Kagame yashibutsemo urugamba rwo Kwibohora

radiotv10by radiotv10
01/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amateka ateye amatsiko yo mu buto bwa Perezida Kagame yashibutsemo urugamba rwo Kwibohora
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo yari afite imyaka 11 y’amavuko, ari bwo yatangiye kwibaza ibibazo byashibutsemo urugamba rwo Kwibohora, ubwo yababazwaga n’imibereho mibi umuryango we n’abandi barimo mu buhungiro muri Uganda, nyamara muri iyo myaka yaragiye agaruka mu Rwanda akareba uko Igihugu cyamwibarutse kimeze.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio 10, kibaye habura amezi macye ngo Abanyarwanda bizihiza isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye.

Umukuru w’u Rwnada wayoboye urugamba rwo kubohora u Rwanda, aho yari Umugaba mukuru w’ingabo zahoze ari RPA, yagarutse ku mateka ye bwite, aho yahunze we n’umuryango we afite imyaka ine, bakajya muri Uganda, ndetse bakaba mu nkambi zitandukanye.

Yavuze ko ari ho yakuriye, ndetse n’umubyeyi we [Papa we] akaba ari ho asazira [yatabarukiye], ubwo we yari afite imyaka 15, ariko ko mbere yaho, afite imyaka 11 yakundaga kumubaza impamvu bari muri ubwo buzima bw’ubuhungiro bwagira ingaruka ku mibereho ye n’umuryango we.

Ati “Ubundi iyo umwana ashonje abwira nyina cyangwa se ko ashonje, ibiryo bikaboneka, ariko mu buryo bw’impunzi, wabonaga bakuru banjye abavutse mbere yanjye, njye ndi umuhererezi nkabona bajya gutora umurongo bategereje abaza kubaha iposho, ngo twese ngo tubisangire. Nkiri umwana nk’imyaka 12 nkabaza nti ‘ni iyihe mpamvu turi hano?”

Yavuze ko kandi yumvaga ko ubuzima babagamo mu Rwanda bari bameze neza. Ati “Hari nk’amafoto najyaga mbona bari bafite ndi uruhinja bampagatiye bamvana mu Bitaro aho babaga babyariye abantu, bikanyereka ishusho ivuga ko mu by’ukuri kandi byaravugwaga kandi birazwi umuryango wanjye ntiwari umeze nabi, ntiwari ukennye, wari umeze neza ku rwego rw’Abanyarwanda uko bari bameze icyo gihe. Hagati y’ibyo n’ubuhunzi ngira ngo ni ho hajemo, ibyo numvaga ibyo nabonaga by’amafoto, nkabaza nti ‘ese kuki turi aha?’ Umubyeyi wanjye ambwira amateka, mbitega amatwi, ariko nk’umwana warangiza ukava aho ukajya kwikinira umupira.”

Avuga ko uko umubyeyi we yabimusobanuriye, yumvaga umuryango we n’abandi bose bari barahunze, nta cyaha cyagombaga gutuma bajya kubaho muri ubwo buzima, bituma akomeza kubitekerezaho, anatekereza uburyo ubwo buzima bw’ubuhunzi babuvamo.

Perezida Kagame yavuze ko yaje mu Rwanda inshuro eshatu, mu 1977, mu 1978, no mu 1979, akaza akareba uko Igihugu yavukiyemo kimeze, ndetse ko umujyi wa Kigali yajyaga awutembera n’amaguru. akajya n’i Butare gusura Nyirasenge, umwamikazi Rosalia Gicanda wanareraga mushiki we, ariko byose akareba uko Igihugu kimeze, akagira inyota yo kuzagituramo.

Ibyo yakomeje kubiganiraho na bagenzi be, ariko batabona inzira byanyuramo kugira ngo babohore u Rwanda, nyuma baza kujya mu gisirikare cya Museveni cyabohoje Uganda na yo yari iyobowe n’ubutegetsi bw’igitugu.

Ati “Bituma twisanga mu gisirikare cya Uganda, mu ibohora rya Uganda, aho ni ho twabonye amahirwe yo kubijyamo, ndetse tubijyamo dutekereza ko amahereze niba tugize amahirwe tukabirokoka, ibyo twashoboye gukora no kumenya mu mikorere bishobora no gukoreshwa no guhindura imiberejo na politiki n’ubuzima bw’Igihugu cyacu.”

Perezida Kagame yavuze ko yari mu basirikare 27 bari mu bari bayoboye urwo rugamba rwo kubohora Uganda, bari bafite intwaro, barimo Abanyarwanda babiri, ari bo we na Fred Gisa Rwigema wari unamukuriye.

Yavuze ko atari azi ko azayobora urugamba rwo kubohora u Rwanda, ariko ko icyo yatekerezaga ari uko yumvaga ko igikorwa nk’iki kigomba kugira abakiyoboye, ku buryo wenda yazamo, ariko atumvaga ko ari we wakiyobora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze icyatumye hashoboka umuti ushaririye wo kumvisha Abarokotse Jenoside gutanga imbabazi

Next Post

Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.