Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Hari abavuga ko bisigaye bigera saa kumi n’ebyiri batarataha bagahinda umushyitsi

radiotv10by radiotv10
09/04/2024
in MU RWANDA
0
Musanze: Hari abavuga ko bisigaye bigera saa kumi n’ebyiri batarataha bagahinda umushyitsi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze, bavuga ko bahangayikishijwe n’insoresore zimara kunywa inzoga z’inkorano bita Magwingi zikabatega zikabambura zikanabakorera urugomo, ku buryo abageza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba batarataha, batangira kubunza imitima.

Aba baturage biganjemo abo mu Kagari ka Kamisave mu Murenge wa Remera, hafi n’isantere ya Mukinga iherereye hafi y’umuhanda munini Kigali-Rubavu, bavuga ko urugomo muri aka gace, rumaze gufata indi ntera.

Umwe yagize ati “Ni insoresore zikunda kunywa ibiyobyabwenge, ijoro ryaza rero bagatangira abantu mu mubanda uri imbere gato.”

Uyu muturage uri mu bakorewe uru rogomo, yakomeje agira ati “Mpura n’umusore ahita antangira ankubita inkoni y’umutwe, ni ukuva kuri Mukinga kugera mu Mudugudu wa Rugari ahantu bita muri Gashunga aho hose kuri uyu muhanda rwose umutekano ni mucye cyane.”

Aba baturage bavuga ko inzoga z’inkorano zahawe izina rya ‘Magwingi’ ziri mu zitiza umurindi uru rugomo, kuko rukorwa n’insoresore ziba zahaze iki kiyobyabwenge.

Undi ati “Baba banyoye inzoga zitwa Magwingi, bamara gusinda rero bakaza muri uyu muhanda guhera saa kumi n’ebyiri, ubwo bagashyiramo n’urumogi bagatangira abantu, ni ukuvuga ngo bo bashaka iby’abandi ku ngufu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, NSENGIMANA Claudien yemera ko iki kibazo gihari koko, ariko ko hari ikigiye gukorwa kugira ngo izi nsoresore zidakomeza guhungabanya umutekano w’abaturage.

Yagize ati “Ikirimo gukorwa cya mbere ni uguca izo nzoga kuko wa mugani aho kwica gitera wica ikibimutera. Ubwo rero natwe turi kurwana n’izo nzoga z’inkorano kandi ngira ngo buri munsi rwose hamenwa amalitiro menshi. Ikindi kandi n’izo nsoresore aho byagaragaye inzego z’umutekano zirabafata kugira ngo zibigishe, icyo na cyo ni igikorwa gikomeje.”

Umwe mu bakorewe urugomo akanakomeretswa n’izi nsoresore
Bapfa kwitwaza agakoni

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 12 =

Previous Post

Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

Next Post

Uwahataniye kuyobora America yongeye guha urw’amenyo uwabaye Perezida washimishijwe no kureba ubwirakabiri

Related Posts

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
18/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwahataniye kuyobora America yongeye guha urw’amenyo uwabaye Perezida washimishijwe no kureba ubwirakabiri

Uwahataniye kuyobora America yongeye guha urw’amenyo uwabaye Perezida washimishijwe no kureba ubwirakabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.