Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwahakanye ibyavugwaga ko inzego z’ibanze zanze gukurikirana ikibazo cy’umuturage wo mu Murenge wa Kayenzi watemaguriwe intsina na mugenzi we, ngo kuko atazihaye amafaranga.

Umunyamakuru Ndahiro Valens Pappy ukunze gukora inkuru z’ibibazo biba byasakurishije benshi, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yari yagaragaje ikibazo cy’uyu muturage watemewe urutoki.

Mu butumwa bwanditswe na Ndahiro Valens Pappy, yagize ati “Sibomana Valens, umuturage utuye mu Murenge wa Kayenzi mu Kagari ka Kirwa mu Karere Kamonyi aratabaza Polisi y’u Rwanda na RIB nyuma yaho atemaguriwe urutoki na Ahobigeze.”

Uyu munyamakuru akomeza avuga ko uyu muturage “Yatakambiye ubuyobozi bukanga kugira icyo bukora ngo kuko atatanze akayoga mu z’Ibanze.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwemera ko iki kibazo cy’umuturage watemaguriwe intsina cyabayeho, ariko buhakana ibyo kuba ikibazo cye kitarakurikiranywe kubera kudatanga ruswa nk’uko byari byatangajwe n’umunyamakuru Ndahiro.

Mu butumwa busubiza ubwatanganzwe n’uyu munyamakuru, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi, bwagize buti “Iki kibazo cyabaye ku Cyumweru nimugoroba, bimenyekana ku wa Mbere mu gitondo. Uwatemye insina z’uyu muturage ni se wabo bafitanye amakimbirane kandi yaratorotse aracyashakishwa.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bukomeza buvuga ko nyuma y’uko uwatemye isi ntsina za mugenzi we atorotse, nyiri ugukorerwa icyaha yatanze ikirego ku Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, kandi ko uru Rwego rufatanyije na Polisi y’u Rwanda bari kugikurikirana no gushakisha uyu wakoze icyaha.

Urutoki rw’umuturage rwaratemwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka

Next Post

Impaka zabaye nyinshi kubera itangazo ry’Umujyi wa Kigali risaba abantu kutanduza imihanda ya kaburimbo

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka zabaye nyinshi kubera itangazo ry’Umujyi wa Kigali risaba abantu kutanduza imihanda ya kaburimbo

Impaka zabaye nyinshi kubera itangazo ry’Umujyi wa Kigali risaba abantu kutanduza imihanda ya kaburimbo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.