Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imigenderanire y’u Rwanda na Uganda igiye kurushaho kuba myiza

radiotv10by radiotv10
19/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Imigenderanire y’u Rwanda na Uganda igiye kurushaho kuba myiza
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa ziturutse mu Biro by’Igihugu bishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda n’iz’ibyo muri Uganda, zahuriye mu mahugurwa agamije gusangizanya ubumenyi n’ubunararibonye, bigamije kurushaho kunoza imigenderanire y’abatuye Ibihugu byombi.

Aya mahugurwa y’iminsi ibiri, yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 18 Mata 2024 nk’uko tubikesha Ibiro by’Igihugu bishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda (Rwanda Migration) ndetse n’ibyo muri Uganda (Immigration Uganda).

Rwanda Migration mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane, yavuze ko “Intumwa ziturutse muri Rwanda Migration ndetse na Immigration Uganda, hamwe n’abayobozi baturutse mu Rwanda na Uganda, batangiye amahugurwa y’iminsi ibiri ku byerecyeye abinjira n’abasohka, mu gikorwa cyabereye ku Mupaka wa Kagitumba.”

Rwanda Migration ikomeza igira iti “Abitabiriye amahugurwa basangiye ibitekerezo n’ubunararibonye ku bibazo byerecyeye abinjira n’abasohoka mu nyungu zihuriweho.”

Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Uganda, rwatangaje ko aya mahugurwa azaba umwanya mwiza wo kunguka ubumenyi ku bakozi b’impande zombi, bugamije kunoza imigenderanire y’Ibihugu byombi.

Immigration Uganda yagize ati “Amahugurwa azaha abayitabiriye ubumenyi bukenewe mu gukemura imbogamizi, kwagura imikoranire mu by’imipaka ndetse no guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.”

Uru Rwego rukomeza ruvuga ko aya mahugurwa ari umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama yahuje Abayobozi Bakuru b’Ibiro Bishinzwe Abinjira n’Abahoka by’Ibihugu byombi, yabereye i Mbarara muri Nzeri umwaka ushize wa 2023.

Ni amahugurwa abaye mu gihe umubano w’u Rwanda na Uganda ukomeje kuba ntamakemwa, kuko wigeze kuzamo igitotsi, ariko ubu inzego z’Ibihugu byombi zikaba zikomeje kugendererana mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umubano n’imikoranire y’ibi Bihugu.

Aya mahugurwa yatangiye nyuma y’amasaha macye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Mohoozi Kainerugaba yakiriye intumwa z’ubuyobozi bwa RDF zari ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi.

Abakozi bo ku Mipaka y’u Rwanda na Uganda bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + eighteen =

Previous Post

Zimbabwe: Inkuru nziza yasesekaye ku mfungwa 4.000 zirimo n’izari zarakatiwe urwo gupfa

Next Post

Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.