Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b’abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b’abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Ruhago Nyarwanda yakunze kuvugwamo ibibazo uruhuri, bituma idatera imbere ngo u Rwanda rugere ahashimishije mu mupira w’amaguru, ariko se ikibazo ni ukuba mu Rwanda hatari abakinnyi bafite impano, cyangwa hari ahandi bipfira? Isesengura ry’Umunyamakuru Kazungu Claver rirabigarukaho.

Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi bahari, cyangwa Abatoza ni bo badashaka kubakoresha kugira ngo bibonere amafaranga ku bo bagura?

Abatoza cyane cyane abo mu Rwanda, i Burundi, Uganda, Tanzania, n’ahandi muri Afurika, iyo bageze mu ikipe zo mu Rwanda bavuga ko bakeneye abakinnyi bashya, hagasezererwa abakinnyi barengana, rimwe na rimwe ngo babyumvikanyeho n’abayobozi b’ayo makipe kubera ko bagabana amafaranga bakuye ku bakinnyi bashya baguzwe.

Mu batoza bo mu Rwanda ngo iyo yageze mu ikipe nshya mu ziterwa inkunga n’Uturere, bagenzi be bamubaza icyo yakuyemo, niba ari inzu cyangwa imodoka nyuma yo kugura abakinnyi bashya.

Buri mukinnyi waguzwe, ngo agomba gutanga amafaranga ku yo yaguzwe. Urugero uwaguzwe Miliyoni 5Frw, umutoza ashobora kumusaba gutanga Miliyoni 2 Frw agasigara Miliyoni 3 Frw nubwo asinyira eshanu mu masezerano ye.

Urundi rugero ngo uwaguzwe Miliyoni 3 Frw ashobora guha umutoza miliyoni 1 Frw, ku buryo ubyanze atagurwa, kimwe n’ushaka kongera amasezerano wari usanzwe mu ikipe na we ngo umutoza amusaba ko amuhaho amafaranga, yakwanga bakamurekura akagenda.

Hari abasezeye umupira imburagihe, hari abakina ahatari ku rwego rwabo, uwashaka amakuru nyayo afatika biroroshye kubaza umukinnyi uwo ari we wese mu gihe akwizeye arabikubwira kuko byabaye ubuzima busanzwe.

Ibi ndabyibaza kuko namenye ko abakinnyi bamaze gutsindira Etoile de L’Est y’i Ngoma mu mikino ibiri ya Shampiyona, ari abakinnyi bato batabonaga n’umwanya mu bakinnyi 20 bategurwa ku mikino ndetse no mu basimbura, kubera amazina y’abanyamahanga yaguzwe bahangitswe arimo ba Sadiki Sule wanyuze muri Bugesera FC n’abandi.

Uwatsinze Amagaju FC i Huye, ubwo Etoile de L’Est yatsindaga 1-0, ni umukinnyi muto yavuye mu irerero ry’ahitwa i Kazo muri Ngoma yitwa Niyonshuti Yusuph, uyu munsi uwatsindiye Etoile de L’Est ku mukino yakiriyemo Marine FC i Ngoma yitwa Muhoza Daniel yiga mu mwaka wa 3 ahitwa i Gasetsa mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ngoma afite imyaka 16.

Ese abakinnyi bato bafite impano mu Rwanda bari i Ngoma gusa?

KAZUNGU CLAVER

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − one =

Previous Post

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ubutumwa yitiriwe buvuga ku Ihuriro ririmo M23

Next Post

Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’agashinyaguro umugabo akekwaho kwicamo umugore we yakanze benshi

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’agashinyaguro umugabo akekwaho kwicamo umugore we yakanze benshi

Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’agashinyaguro umugabo akekwaho kwicamo umugore we yakanze benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.