Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

radiotv10by radiotv10
06/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ibivugwa ko kohereza abimukira mu Rwanda bavuye mu Bwongereza, bigamije guca intege abajya muri kiriya Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, atari ukuri, kuko kuba mu Rwanda atari igihano.

Ni nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yemeje amasezerano ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda, yo kohereza abimukira binjye muri iki Gihugu cy’i Burayi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Kugeza ubu habarwa abimukira ibihumbi 52 barebwa n’iyi gahunda kuva yashyirwaho umukono mu mwaka wa 2023 nk’uko bitangazwa na Guverinoma y’u Bwongereza.

Mu minsi ishize, Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, yagaragaje amashusho ya Polisi y’iki Gihugu iri gufata umwe mu barebwa n’iyi gahunda, ijya kumufungira aho azakurwa ajyanwa ku ndege izamwerecyeza mu Rwanda we na bagenzi be.

Bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Bwongereza, bakunze kuvuga ko iyi gahunda yo kohereza mu Rwanda abajya muri kiriya Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, igamije guca intege aba bantu.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo; mu kiganiro yagiranye na BBC, yavuze ko kohereza abimukira mu Rwanda, bitagomba gufatwa nk’amaburakindi.

Yagize ati “Kuba mu Rwanda si igihano. Ni igihugu cyiza, gifite ibyiza birimo n’ikirere.”

Yolande Makolo kandi atangaje ibi nyuma y’iminsi micye u Rwanda rwakiriye umwimukira wa mbere waturutse ku Mugabane w’u Burayi, wavuye mu Bwongereza, usanzwe akomoka muri Afurika, wahisemo koherezwa mu Rwanda ku bushake bwe nyuma y’uko ibyangombwa bye birangiye.

Yolande Makolo yavuze ko hatakwemezwa umubare nyirizina w’abimukira u Rwanda ruzakira muri abo ibihumbi 52 barebwa n’iyi gahunda, gusa avuga ko babarirwa mu bihumbi.

Ati “Ntabwo nakwemeza ibihumbi bazakirwa mu mwaka wa mbere cyangwa mu mwaka wa kabiri.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko umubare w’abimukira u Rwanda rushobora kuzakira, uzagenwa n’ibi gukorwaho ubu, ariko ko rwiteguye kwakira aba mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + nine =

Previous Post

Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze

Next Post

Ibyitezwe ku matora y’Igihugu kimaze imyaka 3 gipfushije Perezida waguye ku rugamba

Related Posts

Things to leave behind with the end of the week

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
20/10/2025
0

Every new week is a quiet reset, a chance to step forward without dragging the emotional and mental clutter of...

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal warangije uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda rusize Ibihugu byombi birushijeho guteza imbere...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
1

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zahaye abanyeshuri 900 biga mu ishuri ry’i Juba ibikoresho binyuranye...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
20/10/2025
0

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

19/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyitezwe ku matora y’Igihugu kimaze imyaka 3 gipfushije Perezida waguye ku rugamba

Ibyitezwe ku matora y’Igihugu kimaze imyaka 3 gipfushije Perezida waguye ku rugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.