Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

radiotv10by radiotv10
06/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ibivugwa ko kohereza abimukira mu Rwanda bavuye mu Bwongereza, bigamije guca intege abajya muri kiriya Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, atari ukuri, kuko kuba mu Rwanda atari igihano.

Ni nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yemeje amasezerano ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda, yo kohereza abimukira binjye muri iki Gihugu cy’i Burayi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Kugeza ubu habarwa abimukira ibihumbi 52 barebwa n’iyi gahunda kuva yashyirwaho umukono mu mwaka wa 2023 nk’uko bitangazwa na Guverinoma y’u Bwongereza.

Mu minsi ishize, Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, yagaragaje amashusho ya Polisi y’iki Gihugu iri gufata umwe mu barebwa n’iyi gahunda, ijya kumufungira aho azakurwa ajyanwa ku ndege izamwerecyeza mu Rwanda we na bagenzi be.

Bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Bwongereza, bakunze kuvuga ko iyi gahunda yo kohereza mu Rwanda abajya muri kiriya Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, igamije guca intege aba bantu.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo; mu kiganiro yagiranye na BBC, yavuze ko kohereza abimukira mu Rwanda, bitagomba gufatwa nk’amaburakindi.

Yagize ati “Kuba mu Rwanda si igihano. Ni igihugu cyiza, gifite ibyiza birimo n’ikirere.”

Yolande Makolo kandi atangaje ibi nyuma y’iminsi micye u Rwanda rwakiriye umwimukira wa mbere waturutse ku Mugabane w’u Burayi, wavuye mu Bwongereza, usanzwe akomoka muri Afurika, wahisemo koherezwa mu Rwanda ku bushake bwe nyuma y’uko ibyangombwa bye birangiye.

Yolande Makolo yavuze ko hatakwemezwa umubare nyirizina w’abimukira u Rwanda ruzakira muri abo ibihumbi 52 barebwa n’iyi gahunda, gusa avuga ko babarirwa mu bihumbi.

Ati “Ntabwo nakwemeza ibihumbi bazakirwa mu mwaka wa mbere cyangwa mu mwaka wa kabiri.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko umubare w’abimukira u Rwanda rushobora kuzakira, uzagenwa n’ibi gukorwaho ubu, ariko ko rwiteguye kwakira aba mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − six =

Previous Post

Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze

Next Post

Ibyitezwe ku matora y’Igihugu kimaze imyaka 3 gipfushije Perezida waguye ku rugamba

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyitezwe ku matora y’Igihugu kimaze imyaka 3 gipfushije Perezida waguye ku rugamba

Ibyitezwe ku matora y’Igihugu kimaze imyaka 3 gipfushije Perezida waguye ku rugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.