Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

radiotv10by radiotv10
06/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ibivugwa ko kohereza abimukira mu Rwanda bavuye mu Bwongereza, bigamije guca intege abajya muri kiriya Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, atari ukuri, kuko kuba mu Rwanda atari igihano.

Ni nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yemeje amasezerano ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda, yo kohereza abimukira binjye muri iki Gihugu cy’i Burayi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Kugeza ubu habarwa abimukira ibihumbi 52 barebwa n’iyi gahunda kuva yashyirwaho umukono mu mwaka wa 2023 nk’uko bitangazwa na Guverinoma y’u Bwongereza.

Mu minsi ishize, Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, yagaragaje amashusho ya Polisi y’iki Gihugu iri gufata umwe mu barebwa n’iyi gahunda, ijya kumufungira aho azakurwa ajyanwa ku ndege izamwerecyeza mu Rwanda we na bagenzi be.

Bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Bwongereza, bakunze kuvuga ko iyi gahunda yo kohereza mu Rwanda abajya muri kiriya Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, igamije guca intege aba bantu.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo; mu kiganiro yagiranye na BBC, yavuze ko kohereza abimukira mu Rwanda, bitagomba gufatwa nk’amaburakindi.

Yagize ati “Kuba mu Rwanda si igihano. Ni igihugu cyiza, gifite ibyiza birimo n’ikirere.”

Yolande Makolo kandi atangaje ibi nyuma y’iminsi micye u Rwanda rwakiriye umwimukira wa mbere waturutse ku Mugabane w’u Burayi, wavuye mu Bwongereza, usanzwe akomoka muri Afurika, wahisemo koherezwa mu Rwanda ku bushake bwe nyuma y’uko ibyangombwa bye birangiye.

Yolande Makolo yavuze ko hatakwemezwa umubare nyirizina w’abimukira u Rwanda ruzakira muri abo ibihumbi 52 barebwa n’iyi gahunda, gusa avuga ko babarirwa mu bihumbi.

Ati “Ntabwo nakwemeza ibihumbi bazakirwa mu mwaka wa mbere cyangwa mu mwaka wa kabiri.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko umubare w’abimukira u Rwanda rushobora kuzakira, uzagenwa n’ibi gukorwaho ubu, ariko ko rwiteguye kwakira aba mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 14 =

Previous Post

Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze

Next Post

Ibyitezwe ku matora y’Igihugu kimaze imyaka 3 gipfushije Perezida waguye ku rugamba

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyitezwe ku matora y’Igihugu kimaze imyaka 3 gipfushije Perezida waguye ku rugamba

Ibyitezwe ku matora y’Igihugu kimaze imyaka 3 gipfushije Perezida waguye ku rugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.