Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in AMAHANGA
0
Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Ebrahim Raisi wari Perezida wa Iran yitabye Imana azize impanuka y’indege ya kajugujugu itavugwaho rumwe, Abanya-Iran b’imbere mu Gihugu bari mu mihanda bagaragaza akababaro, mu gihe hari abari mu bindi Bihugu bari kurwishimira.

Impanuka yahitanye Ebrahim Raisi, yabaye ku Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024, ubwo indege yo mu bwoko bwa kajugujugu yagwaga igashwanyukira mu ishyamba riri mu misozi miremire.

Ni impanuka itavugwaho rumwe, aho bamwe bashinja bimwe mu Bihugu bitavuga rumwe na Iran kuba biri inyuma y’isandara ry’iyi ndege, birimo Israel, yamaze kubihakana.

Nyuma y’urupfu rwa Ebrahim Raisi, Abanya-Irani, kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2024, baramukiye mu mihanda, mu rugendo gusezera kuri Perezida wabo, wapfanye n’abandi bantu barindwi barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Hossein Amir-Abdollahian.

Amashusho y’ibitangazamakuru aragaragaza abaturage benshi mu mihanda bagenda bazunguza amabendera ya Iran berecyeza mu mujyi wa Tabriz ari na ho kajugujugu yari itwaye Perezida yeganaga ubwo yakoraga iyi mpanuka.

Ni mu gihe bamwe mu Banya-Iran bari mu Bihugu bitandukanye, na bo baramukiye mu mihanda bishimira urupfu rwa Perezida w’Igihugu cyabo, banengaga imitegekere ikandamiza bamwe, by’umwihariko ku iyicwa rya bamwe mu banya-Irani bagiye bahabwa ibihano byo kwicwa.

Abanya-Iran bamwe b’imbere mu Gihugu kandi na bo bagaragaje ko bishimiye urupfu rwa Perezida wabo, aho bamwe bagaragaye mu mihanda babyina, bananywa inzoga bishimye.

Bivugwa ko iyo kajugujugu yari irimo Ebrahim Raisi yatakaje itumanaho ndetse izindi ebyiri zari kumwe na zo zirayibura, aribwo hahise hatangira ibikorwa byo kuyishakisha ku gicamunsi cyo ku Cyumweru, bikaza kwemezwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ko yahanutse ndetse Perezida wa Iran wari uyirimo yitabye Imana.

Ubu Iran iri mu cyunamo cy’iminsi itanu ndetse uwari Visi Perezida Mohamed Mohkber akaba ari we uri kuyobora mu nzibacyuho, mu gihe tariki ya 28 Kamena uyu mwaka ari bwo hazaba amatora yo gushaka Perezida mushya wa Iran.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 9 =

Previous Post

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Next Post

Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu

Related Posts

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

by radiotv10
24/07/2025
0

Pasiteri Marcelo Tunasi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri mu bakozi b’Imana bakurikirwa na benshi muri Afurika, yashyingiranywe...

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu

Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.