Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in AMAHANGA
0
Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Ebrahim Raisi wari Perezida wa Iran yitabye Imana azize impanuka y’indege ya kajugujugu itavugwaho rumwe, Abanya-Iran b’imbere mu Gihugu bari mu mihanda bagaragaza akababaro, mu gihe hari abari mu bindi Bihugu bari kurwishimira.

Impanuka yahitanye Ebrahim Raisi, yabaye ku Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024, ubwo indege yo mu bwoko bwa kajugujugu yagwaga igashwanyukira mu ishyamba riri mu misozi miremire.

Ni impanuka itavugwaho rumwe, aho bamwe bashinja bimwe mu Bihugu bitavuga rumwe na Iran kuba biri inyuma y’isandara ry’iyi ndege, birimo Israel, yamaze kubihakana.

Nyuma y’urupfu rwa Ebrahim Raisi, Abanya-Irani, kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2024, baramukiye mu mihanda, mu rugendo gusezera kuri Perezida wabo, wapfanye n’abandi bantu barindwi barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Hossein Amir-Abdollahian.

Amashusho y’ibitangazamakuru aragaragaza abaturage benshi mu mihanda bagenda bazunguza amabendera ya Iran berecyeza mu mujyi wa Tabriz ari na ho kajugujugu yari itwaye Perezida yeganaga ubwo yakoraga iyi mpanuka.

Ni mu gihe bamwe mu Banya-Iran bari mu Bihugu bitandukanye, na bo baramukiye mu mihanda bishimira urupfu rwa Perezida w’Igihugu cyabo, banengaga imitegekere ikandamiza bamwe, by’umwihariko ku iyicwa rya bamwe mu banya-Irani bagiye bahabwa ibihano byo kwicwa.

Abanya-Iran bamwe b’imbere mu Gihugu kandi na bo bagaragaje ko bishimiye urupfu rwa Perezida wabo, aho bamwe bagaragaye mu mihanda babyina, bananywa inzoga bishimye.

Bivugwa ko iyo kajugujugu yari irimo Ebrahim Raisi yatakaje itumanaho ndetse izindi ebyiri zari kumwe na zo zirayibura, aribwo hahise hatangira ibikorwa byo kuyishakisha ku gicamunsi cyo ku Cyumweru, bikaza kwemezwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ko yahanutse ndetse Perezida wa Iran wari uyirimo yitabye Imana.

Ubu Iran iri mu cyunamo cy’iminsi itanu ndetse uwari Visi Perezida Mohamed Mohkber akaba ari we uri kuyobora mu nzibacyuho, mu gihe tariki ya 28 Kamena uyu mwaka ari bwo hazaba amatora yo gushaka Perezida mushya wa Iran.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Next Post

Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu

Related Posts

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu

Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.