Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’umutwe wa M23, Maj Gen Sultani Makenga yagaragaye ari kumwe n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC, Corneille Nagaa; barindiwe umutekano mu buryo budasanzwe, ubwo basuraga ibikorwa remezo byo mu bice byafashwe n’uyu mutwe.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, buherekejwe n’amashusho agaragaza Maj Gen Sultani Makenga na Corneille Nagaa, ndetse na Bertrand Bisimwa, Perezida wa M23, basura ibyo bikorwa byo muri Teritwari ya Rutshuru.

Lawrence Kanyuka yavuze ko “Corneille Nagaa, Umuhuzabikorwa wa AFC, yasuye ibikorwa by’iterambere mu bice byabohojwe na M23, wari umwanya w’ingirakamaro kuri ibi bice birimo kongera kubakwa.”

Umuvugizi wa M23 yakomeje avuga ko uyu Muhuzabikorwa wa AFC “yari aherekejwe na Général Major Sultani Makenga. Uru ruzinduko rushimangira imbaraga zifatika mu kugarura amahoro ndetse no gushaka iterambere.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC, Corneille Nagaa na Général Major Sultani Makenga basuye imishinga y’iterambere, irimo ingomero z’amashanyarazi, ndetse n’imihanda iri kubakwa, kimwe n’iyubakwa ry’amashuri ndetse n’Ibigo Nderabuzima.

Akomeza avuga ko uru ruzinduko rw’aba bayobozi b’Ihuriro ryiyemeje gutuma Congo yongera kugira amahoro, rugaragaza ko intego yo guteza imbere ibice byafashwe na M23, izagerwaho.

Ubutumwa bwa Lawrence Kanyuka buherekejwe n’amashusho agaragaza aba bayobozi, basura ibi bikorwa, barindiwe umutekano mu buryo budasanzwe n’abarwanyi ba M23, bari gutembera kuri ibi bikorwa basuye.

Gen Makenga na Corneille Nagaa bari kumwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa
Makenga anasuhuzanya na Bertrand Bisimwa

RADIOTV10

Comments 1

  1. X says:
    2 years ago

    Mubabwire uti iyo ntambara ntago muzayitsinda!!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + four =

Previous Post

Dosiye y’ikirego cya Barikana wari Umudepite uregwa gutunga intwaro yazamuwe

Next Post

Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Related Posts

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the Government of the Democratic Republic of Congo, has confirmed that it has taken control...

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Abanya-Iran batakiriye kimwe urupfu rwa Perezida wabo rukirimo urujijo biraye mu mihanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.