Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’Umupolisi warasiye Umucamanza mu Rukiko ku mpamvu idasanzwe byarangiye nabi

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in AMAHANGA
0
Iby’Umupolisi warasiye Umucamanza mu Rukiko ku mpamvu idasanzwe byarangiye nabi
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi warasiye Umucamanza ku Rukiko mu Murwa Mukuru wa Kenya, i Nairobi nyuma y’uko yari afatiye icyemezo umugore we kitamunyuze, na we yarashwe na bangenzi be ahita ahasiga ubuzima.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki 13 Kamena 2024 ku Rukko rwa Makadara, aho Umucamanza w’uru Rukiko witwa Monica Kivuti yaraswaga n’Umupolisi.

Uyu Mupolisi yarashe Umucamanza, nyuma y’uko yari yanze icyifuzo cy’umugore we nk’uko byatangajwe n’Umwanditsi Mukuru w’Ubucamanza Winfridah Mokaya, mu itangazo yatanze.

Yagize ati “Nyuma y’uko hatangajwe icyemezo, umuntu yarashe ku mucamanza. Abandi Bapolisi bahise na bo barasa mu rwego rwo guhagaruka iki gikorwa cy’uwarasaga.”

Uyu mucamanza Kivuti ndetse n’abandi bakozi batatu bakomerekeye muri ubu bushyamirane, ariko bakaba bahise bajyanwa kwitabwaho n’abaganga, ndetse bakaba bameze neza nk’uko byatangajwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Martha Koome mu itangazo yashyize hanze.

Martha Koome yasabye ko umutekano wo ku Nkiko ukwiye gukazwa. Ati “Biragaragara ko uwari wacuze uyu mugambi yashakaga kwivugana Umucamanza.”

Umugore w’uyu Mupolisi warashe Umucamanza na we akaraswa akanahasiga ubuzima, yari afatiwe icyemezo cyanga ubusabe bwe bwo kurekurwa by’agateganyo atanze ingwate nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kuba yarabonye Miliyoni 2,9 z’Amashilingi ya Kenya [angana na Miliyoni 29 Frw] mu buryo bw’uburiganya.

Polisi ivuga kuri iki gikorwa cyakozwe n’Umupolisi, yagize iti “Yinyiye mu cyumba cy’umucamanza ahita atangira kurekura urufaya rw’amasasu arasa Umucamanza, amukomeretsa mu gatuza no ku kibuno.”

Polisi kandi yavuze ko Umupolisi mugenzi we bari kumwe, na we yahise amurasa, agahita ahasiga ubuzima. Nyuma y’iki gikorwa, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yategetse ko imirimo y’uru Rukiko rwa Makadara, iba isubitswe kugeza ku wa Mbere w’icyumweru gitaha, tariki 17 Kamena 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 6 =

Previous Post

Menya umubare uri hejuru w’abatuye Isi bamaze kuva mu byabo kubera imvururu

Next Post

Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.