Sunday, July 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ndarembye- Biden nyuma yo gusanganwa ubwandu bwa COVID

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ndarembye- Biden nyuma yo gusanganwa ubwandu bwa COVID
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yasanzwemo uburwayi bwa COVID, na we ahita abyemeza, agira ati “ndarembye.” Abaganga be batangaje ko yahise yishyira mu kato, ariko ko akomeza gukora inshingano ze.

Umuganga wa Biden, yatangaje ko nubwo Biden yasanzwemo iyi ndwara, ariko afite ibimenyetso byoroheje birimo gucika intege no gukorora.

Abaganga ba Perezida Biden, bavuga kandi ko ibijyanye n’umuriro ndetse n’umwuka wo guhumeka, kimwe n’imyanya y’ubuhumekero, bye byose bihagaze neza.

Joe Biden yasanzwemo ubwandu bwa COVID kuri uyu wa Gatatu ubwo yari mu rugendo muri Las Vegas, nk’uko byatangajwe n’Ibiro bye White House.

Umunyamabanga w’Itumanaho muri White House, Karine Jean-Pierre, yavuze ko Joe Biden ahita yerecyeza iwe muri Delaware, aho “aza kwishyira mu kato ariko agakomeza kubahiriza inshingano ze zose muri icyo gihe.”

Ni ku nshuro ya gatatu Biden asanzwemo iyi ndwara, kuko mbere y’iyi nshuro, yayipimwe inshuro ebyiri, gusa akaba yarakingiwe inkingo zose zirimo n’izo gushimangira.

Ibinyamakuru byo muri Leta Zunze Ubumwe za America, bivuga ko nubwo nta gushidikanya ko uyu muyobozi w’Igihugu cy’igihangange, yitabwaho mu buryo bwose bushoboka, ariko hari impungenge kubera imyaka ye dore ko iyi ndwara ikunze kuzahaza abakuze, kandi uyu mukambwe akaba afite imyaka 81.

Biden na we yagize icyo avuga kuri iyi ndwara ya COVID bamusanzemo. Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Joe Biden yagize ati “Ndarembye.”

Biden asanzwemo iyi ndwara mu gihe kitamworoheye dore ko amaze iminsi ari mu bikorwa byo kongera gushaka manda ye ya kabiri, aho ahanganye na Donald Trump, uhabwa amahirwe kumurusha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − two =

Previous Post

Rayon igiye kugaragariza abakunzi bayo uko ihagaze yongereye imbaraga mu busatirizi

Next Post

Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe

Related Posts

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

by radiotv10
19/07/2025
0

I Doha muri Qatar ahakomeje kubera ibiganiro by’imishyikirano hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hateganyijwe gutangazwa...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

by radiotv10
19/07/2025
0

As peace talks between the AFC/M23 coalition and the government of the Democratic Republic of Congo continue, an official announcement...

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

by radiotv10
18/07/2025
0

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Alhajji Farid M. Kaliisa, yatumijweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo,...

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

by radiotv10
18/07/2025
0

The DRC Ministry of Foreign Affairs reaffirmed on Thursday that Minister Thérèse Kayikwamba Wagner had summoned the Ugandan Ambassador to...

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aratabariza impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi zimuriwe mu...

IZIHERUKA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro
AMAHANGA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

by radiotv10
19/07/2025
0

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

19/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

19/07/2025
The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

19/07/2025
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

18/07/2025
Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe

Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.