Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukutavuga rumwe hagati yubuyobozi n’ababyeyi b’abana bagaragara mu byo batemerewe

radiotv10by radiotv10
24/07/2024
in MU RWANDA
0
Ukutavuga rumwe hagati yubuyobozi n’ababyeyi b’abana bagaragara mu byo batemerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko impamvu abana babo bajya mu mirimo ivunanye yo kwikorera amatafari, ari ukugira ngo babunganire mu kubona ibitunga urugo kandi ko babibashimira, mu gihe ubuyobozi buvuga ko bitemewe ndetse ko abazafatirwa mu bikorwa byo gukoresha abana iyi mirimo, bazahanwa byihanukiriye.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze mu Mudugudu wa Gisangani mu Murenge wa Nyakiriba asanga abana bari mu mirimo yo kwikorera amatafari, ubundi itarabagenewe.

Bamwe mu babyeyi b’aba bana, bavuze ko urubyaro rwabo rujya muri iyi mirimo ivunanye kubera ubukene buri muri imwe mu miryango itabasha kubona ibiyitunga.

Umwe ati “Ahanini hari igihe ajya ku ishuri ariko hejuru yo gutaha akabura ibyo kurya ntagire amanota meza, noneho akavuga ngo rero kugira ngo mbone uko mbaho reka nshakishe amafaranga hari igihe umubyeyi yakorera nk’igihumbi, umwana magana atanu hakavamo ikilo cy’ibishyimbo n’utujumba, ubwo rero bigatuma barumuna be babaho.”

Ababyeyi kandi bashima abana bakora imirimo nk’iyi, kuko babibona nk’ubutwari bwo kunganira ababyeyi babo mu buryo bwo guhahira urugo.

Undi mubyeyi ati “Ubundi hari uwayakorera akayirira, ubwo rero umwana uje akavuga ati ‘mama nakoreye 500’ aba ari intwari cyane.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiriba, Uwimana Vedaste avuga ko imirimo nk’iyi ikoreshwa abana yo kubikoreza amatafari itamenyerewe muri aka gace, ariko abazafatwa bayikoresha abana, bazahanwa.

Ati “Ntabwo byemewe ubusanzwe, ni uguhana twihanukiriye abakoresha abana, ariko ntabwo ari ibintu wenda twavuga bisanzwe bihari, kuko byasaga nk’ibimaze gucika, ubundi twajyaga tubona abana benshi nk’abo ngabo mu mirimo yo gutwara ibisheke no kubicuruza, ibintu by’amatafari ni ibintu tutamenyereye hano.”

Uburenganzira bw’ibanze bw’umwana, harimo ubwo kurindwa imirimo mibi nk’uko biri no mu Itegeko nimero 54/2011 ryo ku wa 14/4/2011 ryerekeye uburenganzira bw’umwana n’uburyo bwo kumurinda no kumurengera, aho ritegeka kumurinda gukoreshwa imirimo yose ibangamira imikurire ye, imuvutsa amahirwe, imutesha agaciro kandi ikabangamira iterambere ry’ubuzima bwe n’imitekerereze ye.

Aba bana bavuga ko ibi babikoreshwa n’ubukene buri mu miryango yabo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Next Post

Ethiopia: Amakuru agezweho ku mibare y’abahitanywe n’ikiza cyatunguranye agaragaza ko ikomeje gutumbagira

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ethiopia: Amakuru agezweho ku mibare y’abahitanywe n’ikiza cyatunguranye agaragaza ko ikomeje gutumbagira

Ethiopia: Amakuru agezweho ku mibare y’abahitanywe n’ikiza cyatunguranye agaragaza ko ikomeje gutumbagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.