• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUHINZI: Barifuza gufashwa kuhira imyaka kuko izuba riba ryinshi bakarumbya

radiotv10by radiotv10
22/10/2021
in MU RWANDA
0
UBUHINZI: Barifuza gufashwa kuhira imyaka kuko izuba riba ryinshi bakarumbya
Share on FacebookShare on Twitter

N’ubwo hari imishinga inyuranye yagiye itangizwa igamije gufasha ibice byibasirwa n’amapfa gukoresha uburyo bwo kuhira imyaka, bamwe mu bahinzi baravuga ko  bagihura  n’ibihombo n’inzara  kandi bahinze  kuko bataragerwaho n’iyi mishinga.

Ni ikibazo kimaze imyaka n’imyaniko kigaragazwa n’abaturage cyane abo mu bice byibasirwa n’amapfa kurusha ibindi nko mu ntara y’iburasizuba n’ahandi. Mu myaka inyuranye inzego zishinzwe ubuhinzi, zatangije imishinga migari wo kuhira imyaka ariko haherewe kuri utwo duce.

Akarere ka Nyagatare ni kamwe mu dukunze  guhura n’izuba ryinshi kandi ry’igihe kirekire ,kabone nubwo ahandi imvura yaba igwa kandi imibereho y’abagatuye ahanii ishingiye ku buhinzi n’ubworozi.

Ni saa tanu zishyira saa sita z’amanywa turi mu kagali ka Nyabitekeli mu murege wa Tabagwe ho muri aka karere. ni amasaha izuba rikambye ,abahinzi  bamwe batereye amasuka ku bitugu barahinguye. Abo duhuye baritsa imitima  bakavuga ko nubwo bayirara ku ibaba bajya guhinga ,ariko  n’ubundi basa n’abakorera ubusa kuko hari ubwo bashyira imbuto mu butaka zigaherayo ngo n’izimeze ntizive ku nonko kubera izuba rirerire rikunze kubibasira.

Kanamugire Innocent  ati” Turahinga ariko duhura n’ikibazo cy’izuba riba ryinshi ntitweze neza.”

Naho Mukamasabo Leonie ” Ati ” Rwose usanga n’ubwo duhinga ariko twicwa n’inzara kuko tugira izuba ryinshi cyane,ugasanga utabasha kujya mu biraka iyo kure,afite inzara kuko imbuto zihera mu butaka ,cyangwa se izimeze ntizikure kuber izuba.”

Basanga umuti rukumbi w’iki kibazo ari ugufashwa kubona uburyo bwo kuhira ngo dore ko hari abafite babikora bagasarura.

Ati “Twifuza ko badufasha kujya twuhira imyaka kuko nka Tabgwe hari abo twabonye bafite utmashini tuvomera kandi bo bareza,natwe rero badufashije kuzibona ubuzima bwacu bwaba bwiza.”

Twifuje kumenya aho gahunda yari igamije  kuhira hegitare 6000 z’ubutaka kugeza mu mwaka utaha igeze ,n’icyo bateganya gufasha aba bahinzi bataka inzara kandi bahoza isuka mu mirima,ariko ntitwabasha kubona ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi RAB  .

Icyakora Minisiteri yubuhinzi nubworozi iherutse gutangaza ko  muri hegitari Milliyoni 1,5 zikeneye kuhirwa,ibihumbi 60 byonyine ari byo byuhiriwe ,gusa ngo intego ni uko muri 2024 hazaba bamaze kuhirwa izirenga ibihumbi 100,bishobora kugera no kuri aba baturage.

Abahinzi bo basanga leta nidahindura umuvuno ngo ibishyiremo imbaraga,ngo iherezo ry’iki kibazo cy’inzara rizaguma mu mpapuro nabo bagakomeza kuruhira ubusa inzara ibayogoza.

Nk’ubu umwe muri bo avuga ko aho afite asarura toni imwe y’ibigori nyamara ngo nta mapfa bahuye nayo yakabaye ahasarura toni 6.

Inkuru ya Nyiransabimana Eugenie/Radio&TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yasubiye muri Tanzania mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Next Post

TAEKWONDO: Haratangira imikino ya Korean Ambassador’s Cup Championships 2021

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
TAEKWONDO: Haratangira imikino ya Korean Ambassador’s Cup Championships 2021

TAEKWONDO: Haratangira imikino ya Korean Ambassador’s Cup Championships 2021

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.