Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikindi Gihugu cyibasiwe n’ibiza bidasanzwe byahitanye benshi bisiga abatari bacye mu gahinda

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in AMAHANGA
0
Ikindi Gihugu cyibasiwe n’ibiza bidasanzwe byahitanye benshi bisiga abatari bacye mu gahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Leta ya Kerala mu majyepfo y’Igihugu cy’u Buhindi, habaye inkangu n’imyuzure byadutse mu ijoro abantu baryamye, bihitana abarenga 60, ndetse imibare ishobora kwiyongera.

Ni ibiza byabaye mu ijoro abantu baryamye, byatewe n’imvura nyinshi yaguye muri iyi Leta ya Kerala, yatumye imisozi myinshi itwarwa n’inkangu inajyana abaturage benshi.

Umusozi wo mu Karere ka Wayanad watwawe n’inkangu, mu ijoro, utwara ubuzima bwa benshi, ndetse amakuru avuga ko imibare y’abahitanywe n’ibi biza ishobora kwiyongera kuko hari abagitwikiriwe n’ibyondo n’ibikuta byabagwiriye.

Inkangu nyinshi zabaye mu bice byegereye Meppadi muri aka Karere ka Wayanad mu masaaha ya saa munani z’ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri, aho yibasiye cyane uduce tune, ndetse ubu ibikorwa by’ubutabazi bikaba biri gukorwa.

Inzego z’ubuyobozi zatangaje ko iyi mvura yangije ibikorwa remezo byinshi nk’amashanyarazi, imihanda ndetse hari n’ibiraro byinshi byatwawe n’izi nkangu.

Umunyamabanga ushinzwe Itangazamakuru muri Kerala, P M Manoj yavuze ko imibare y’abahitanywe n’izi nkangu ishobora kwiyongera, ndetse anatangaza ko abakomeretse barenga 70, aho bari kuvurirwa mu bitaro by’Akarere.

Aha habereye ibi biza, hoherejwe abasirikare 200 ndetse n’indege ebyiri za kajuguguju z’Igisirikare cy’u Buhindi kimwe na Polisi mu rwego rwo kwihutisha ibikorwa by’ubutabazo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Buhindi bwagize buti “Abantu babarirwa muri magana, birakekwa ko bagizweho ingaruka.”

Itangazo ryashyizwe hanze n’Itsinda ry’abaganga ryoherejwe ahabereye ibi biza, rivuga ko rimaze “gutabara abantu babarirwa muri 250 bari mu kaga.”

Sandosh Kumar, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Buhindi uhagarariye agace ka Kerala, yabwiye Ibiro Ntaramakuru ANI ko imyuzure yibasiye aka Karere, yatumye ahantu henshi harengerwa n’amazi ku buryo “N’ibikorwa by’ubutabazi biri kugorana.”

Benshi basigaye mu gahinda

Ibi biza byangije byinshi

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 2 =

Previous Post

Umunyarwanda uba muri Uganda yatawe muri yombi akekwaho ibyumvikanamo amahano

Next Post

Venezuela: Nyuma y’uko hatangajwe ko Perezida yongeye gutorwa ubu byadogereye

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Venezuela: Nyuma y’uko hatangajwe ko Perezida yongeye gutorwa ubu byadogereye

Venezuela: Nyuma y’uko hatangajwe ko Perezida yongeye gutorwa ubu byadogereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.