• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze
Share on FacebookShare on Twitter

Abarema isoko ry’amatungo ryo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko babangamirwa no kuba riremera ahadakwiye nyamara hafi yaryo hari iryubakiye ridakoreshwa.

Iri soko riremera ahitwa mu Ruguti, bivugwa ko ryahimuriwe kubera icyorezo cya Covid-19 mu gihe ryahoze ahitwa Nyakabuye ryubakiye.

Kuba riremera ku gasozi hatubakiye, bituma agaciro k’amatungo yabo gatakara. Uwamariya Benitha ati “Iyo inkoko inyagiwe, ntabwo igaragara neza nyine, nta n’uyikugurira.”

Nubwo binubira gukorera ubucuruzi bw’amatungo ahantu hatubakiye, hirya gato y’aho riremera hashize umwaka huzuye isoko ry’amatungo ariko rikaba ridakoreshwa kuko ryagenewe ingurube gusa.

Nyiranzabahimana Apoline ati “Twumva bavuga ko barigeneye ingurube gusa. Nta rindi tungo ngo ryemerewe kandi ntibanarikoresha.”

Abajya kugurishiriza amatungo aha haremera isoko, bavuga ko banasabwe gufunga saa sita, bigatuma aborozi bazanamo amatungo bahendwa mu gihe iyo saha yegereje ngo kuko baba batari busubize amatungo mu ngo.

Mukakayibanda Esperence ati “Tuzana amatungo hano nk’inkoko, yaba ikwiye ibihumbi bitanu bakaguha bine kubera ko na bo bavuga ngo ntaho tuyigurishiriza mu mwanya amasaha yo gutaha araba ageze.”

Segatarama Theoneste ati “Nk’ubu tugiye kwitahira, abaza kuzishaka twagiye batubure kubera ko tugira isaha tuviramo hano ibyo bikatubangamira.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kimonyo Kamari avuga ko hari ibiganiro byabaye hagati y’ubuyobozi n’umufatanyabikorwa wubatse isoko bavuga ko rimaze umwaka rikinze ngo ribe ryajyamo n’andi matungo arenze ayo ryagenewe.

Ati “Isoko ryubatswe ryitwaga iry’ingurube gusa, ariko umufatanyabikorwa twaricaye dusanga ritari gutanga umusaruro nk’uko bigenda.”

Uyu muyobozi asaba aba baturage kwihangana, akabizeza ko Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze bugiye gusuzuma kugira ngo n’andi matungo abe yagurishirizwa muri iri soko ritunganye.

Ati “Amakuru y’uko bataha saa sita ntabwo nyazi, ubwo cyo nagisuzuma sinari nzi ko hari amasaha batemerewe kurenza.”

Nubwo iri soko rivugwamo izi mbogamizi, ku rundi ruhande ryumvikana nk’irifatiye runini aborozi b’amatungo bagufi bo mu Mirenge itandatu yo muri Rusizi ndetse n’umwe wo muri Nyamasheke.

Aho bagurishiriza amatungo yabo, babona hadakwiye

Nyamara hafi yaho hari isoko rimaze umwaka ridakoreshwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Ubucamanza 2023-2024: Abagera muri 78% bakurikiranyweho ibyaha ni urubyiruko

Next Post

Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.