• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA
0
Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yari itwaye ibikomoka kuri Peteroli yakoreye impanuka mu Mujyi wa Miragoane uherereye mu majyepfo ya Haiti, aho yaguye abantu bakajya kuvoma Lisansi igahita ishya igasandara, ubundi abagera kuri 15 bakahasiga ubuzima abandi benshi bagakomereka.

Ni impanuka yakomerekeje bikomeye abandi 40, bahise bajyanwa kwa muganga hifashishijwe kajugujugu y’Umuryango w’Abibumbye nk’uko byatangajwe na The Africa News dukesha iyi nkuru.

Mu gitondo cyo ku Cyumweru, Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Garry Conille yabyukiye mu mujyi wa Miragoane ahabereye iyi mpanuka, yifashishije indangururamajwi y’indege y’umutekano y’i Port-au-Prince, atanga ubutumwa bw’ihumure ku turage.

Yagize ati “Ahabereye iyi mpanuka kuharebesha amaso biteye ubwoba n’agahinda. Aya ni amajye duhuye na yo. Ni impanuka yababaje benshi ihitana benshi, abandi barakomereka, ndetse bakomereka nabi cyane kuko bahiye bagakongoka. Gusa, abakomeretse, berekejwe mu mujyi wa Les Cayes, kwitabwaho n’abaganga ku buryo hari icyizere ko imibare y’abahitanywe n’iki cyago itari bwiyongere, kandi ni byo twifuza.”

Ibitangazamakuru byo muri Haiti, bivuga ko nyuma y’uko iyi modoka irenze umuhanda yafashwe n’inkongi, ikaza gusandara, abaturage bahise baza biruka baje gusahura Petelori, bayikikije barimo bavoma Petelori ifatwa n’inkongi y’umuriro irabasandarana.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya

Next Post

Museveni wujuje imyaka 80 yashimiye abarimo Muammar Gaddafi avuga n’impamvu

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Museveni wujuje imyaka 80 yashimiye abarimo Muammar Gaddafi avuga n’impamvu

Museveni wujuje imyaka 80 yashimiye abarimo Muammar Gaddafi avuga n’impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.