Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RIB yagize icyo ivuga kuri bombori bombori zimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in MU RWANDA
0
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry

Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ruragira inama abakoresha imbuga nkoranyambaga kwitwararika, kuko hari ibimaze iminsi bigaragaraho binagize ibyaha, kandi ko uru rwego ruticaye ubusa, ahubwo ko hari icyo ruri kubikoraho, kuko bigomba gucika burundu.

Muri ibi byumweru bitatu, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bamaze iminsi mu mpaka zazamuwe na bimwe mu bitangarizwaho by’umwihariko kuri YouTube.

Habanje inkuru z’umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, wavuze ko yahunze Igihugu kubera ako yise agatsiko k’abanyamakuru bagenzi be ngo bashatse kumwivugana.

Bidateye kabiri, hazamutse inkuru z’umunyamakuru Murungi Sabin ukorera kuri YouTube, aho abakoresha imbuga nkoranyambaga bagiye bashyiraho amashusho bivugwa ko yafashwe ngo avuye guca inyuma uwo bashakanye, ndetse ko ngo yabikoranaga n’undi uzwi na we kuri YouTube.

Aya mashusho y’uyu munyamakuru wagaragaye asohoka mu nzu bivugwa ko ari ho habereye icyo gikorwa, ndetse n’andi amugaragaza aryamye hasi bigaragara ko ashobora kuba yavunitse, yakurikiwe n’ibitekerezo byinshi byose bitagaragarizwa ishingiro, aho abiganjemo abakoresha YouTube, bagiye bayavugaho ibitekerezo bitandukanye.

Nanone kandi ku mbuga nkoranyambaga, hashyizweho amafoto n’amashusho y’urukozasoni, ya bamwe mu bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko uru rwego rubona ibi byose bitangarizwa ku mbuga nkoranyambaga, kandi ko ruticaye ubusa.

Ati “Ni imyitwarire igayitse, nta bunyangamugayo burimo, ndetse ibyo bikorwa bimwe bigize ibyaha. Urabona biteye isoni biragayitse. Nka RIB rero turabibona, hari ikiri gukorwa.”

Dr Murangira B. Thierry avuga kandi ko aba bantu bakomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, biba binagaragaza imyitwarire ye mu buzima busanzwe.

Ati “Bigaragaza imico ye, bigaragaza uburere bwe, bigaragaza ndetse n’uburere umuntu afite, ni ikigero cyiza cyo kureba ikigero cy’imitekerereze ye afite. Imyitwarire ku mbuga nkoranyambaga izahita ikugaragaza nyine uwo uri we.”

Dr Murangira B. Thierry yakomeje avuga ko uretse kuba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruri kugira icyo rukora kuri ibi bimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga, ariko binagomba gucika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + twelve =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Next Post

Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru
IMYIDAGADURO

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

by radiotv10
12/08/2025
0

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

12/08/2025
AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

12/08/2025
U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.