Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya abatangiriweho gukingirwa Ubushita bw’Inkende-Mpox mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA
0
Menya abatangiriweho gukingirwa Ubushita bw’Inkende-Mpox mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangiye igikorwa cyo gutanga inkingo z’indwara ya Mpox (Monkeypox/Ubushita bw’inkende) ahatangiriwe ku bantu 10 000 bo mu byiciro byibasirwa cyane, nk’abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakora kwa muganga no mu mahoteli.

Ni igikorwa cyatangiye kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024, nk’uko byatatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima, mu butumwa yatanze.

Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko “Mu rwego rwo gukomeza ingamba zo gukumira no kurwanya icyorezo cya Mpox, Minisiteri y’Ubuzima yatangije igikorwa cyo gutanga urukingo rwa Mpox ku bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakora kwa muganga, abakora mu mahoteli n’ibindi byiciro byibasirwa cyane na Mpox.”

Icyiciro cya mbere cy’abazakingirwa iyi ndwara, kigizwe n’abantu ibihumbi icumi (10 000), bikaba biteganyijwe ko nyuma yacyo, gahunda yo gutanga izi nkingo izanakomereza ku bindi byiciro, nk’uko biherutse gutangazwa na Minisiteri y’Ubuzima.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Julien Mahoro Niyingabira yavuze ko iyi gahunda yo gutanga izi nkingo itatangirira ku bantu bose, ariko ko hari amatsinda y’abantu agomba kwibandwaho.

Yagize ati “Hari amatsinda aba afite ibyago byo kwandura kurusha andi, ubwo ni yo umuntu yabanza guheraho bitewe n’inkingo zaba zihari uko zingana, hanyuma nyuma uko byazajya bigaragara ko n’andi matsinda akeneye guhabwa urukingo bakazatekerezwaho.”

Minisiteri y’Ubuzima kandi iherutse gutangaza ko abagaragaweho iyi ndwara mu Rwanda, bagiye bavurwa ndetse abenshi bagakira bakava mu Bitaro, ariko iboneraho kwibutsa abantu uburyo bwo kuyirinda burimo kwirinda imibonano mpuzabitsina ikingiye cyangwa idakingiye n’umuntu wagaragaje ibimenyetso byayo.

Harimo kandi kwirinda gukora ku muntu wagaragaje ibimenyetso, ndetse no kugira isuku ihagije nko gukaraba neza n’amazi n’isabune.

Iyi ndwara y’Ubushita bw’Inkende, ikomeje kwibasira abantu mu Bihugu binyuranye byiganjemo ibyo ku Mugabane wa Afurika byumwihariko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ikomeje guca ibintu.

Mu ntangiro z’uku kwezi, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriye icyiciro cya mbere cya doze ibihumbi 100 by’inkingo z’iyi ndwara y’ubushita bw’inkende, zatanzwe ku bufatanye bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na Leta Zunze Ubumwe za America, biyemeje kuzatanga doze ibihumbi 380 000.

Gukingira byatangiriye ku byiciro byibasirwa
MINISANTE ivuga ko gahunda yo gutanga inkingo izakomereza no ku bindi byiciro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abanyeshuri n’icyayiteye

Next Post

Umunyarwandakazi waherewe igihembo muri America yavuze akamuri ku mutima

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we
SIPORO

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

by radiotv10
31/07/2025
0

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwandakazi waherewe igihembo muri America yavuze akamuri ku mutima

Umunyarwandakazi waherewe igihembo muri America yavuze akamuri ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.