Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya abatangiriweho gukingirwa Ubushita bw’Inkende-Mpox mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA
0
Menya abatangiriweho gukingirwa Ubushita bw’Inkende-Mpox mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangiye igikorwa cyo gutanga inkingo z’indwara ya Mpox (Monkeypox/Ubushita bw’inkende) ahatangiriwe ku bantu 10 000 bo mu byiciro byibasirwa cyane, nk’abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakora kwa muganga no mu mahoteli.

Ni igikorwa cyatangiye kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024, nk’uko byatatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima, mu butumwa yatanze.

Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko “Mu rwego rwo gukomeza ingamba zo gukumira no kurwanya icyorezo cya Mpox, Minisiteri y’Ubuzima yatangije igikorwa cyo gutanga urukingo rwa Mpox ku bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakora kwa muganga, abakora mu mahoteli n’ibindi byiciro byibasirwa cyane na Mpox.”

Icyiciro cya mbere cy’abazakingirwa iyi ndwara, kigizwe n’abantu ibihumbi icumi (10 000), bikaba biteganyijwe ko nyuma yacyo, gahunda yo gutanga izi nkingo izanakomereza ku bindi byiciro, nk’uko biherutse gutangazwa na Minisiteri y’Ubuzima.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Julien Mahoro Niyingabira yavuze ko iyi gahunda yo gutanga izi nkingo itatangirira ku bantu bose, ariko ko hari amatsinda y’abantu agomba kwibandwaho.

Yagize ati “Hari amatsinda aba afite ibyago byo kwandura kurusha andi, ubwo ni yo umuntu yabanza guheraho bitewe n’inkingo zaba zihari uko zingana, hanyuma nyuma uko byazajya bigaragara ko n’andi matsinda akeneye guhabwa urukingo bakazatekerezwaho.”

Minisiteri y’Ubuzima kandi iherutse gutangaza ko abagaragaweho iyi ndwara mu Rwanda, bagiye bavurwa ndetse abenshi bagakira bakava mu Bitaro, ariko iboneraho kwibutsa abantu uburyo bwo kuyirinda burimo kwirinda imibonano mpuzabitsina ikingiye cyangwa idakingiye n’umuntu wagaragaje ibimenyetso byayo.

Harimo kandi kwirinda gukora ku muntu wagaragaje ibimenyetso, ndetse no kugira isuku ihagije nko gukaraba neza n’amazi n’isabune.

Iyi ndwara y’Ubushita bw’Inkende, ikomeje kwibasira abantu mu Bihugu binyuranye byiganjemo ibyo ku Mugabane wa Afurika byumwihariko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ikomeje guca ibintu.

Mu ntangiro z’uku kwezi, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriye icyiciro cya mbere cya doze ibihumbi 100 by’inkingo z’iyi ndwara y’ubushita bw’inkende, zatanzwe ku bufatanye bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na Leta Zunze Ubumwe za America, biyemeje kuzatanga doze ibihumbi 380 000.

Gukingira byatangiriye ku byiciro byibasirwa
MINISANTE ivuga ko gahunda yo gutanga inkingo izakomereza no ku bindi byiciro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abanyeshuri n’icyayiteye

Next Post

Umunyarwandakazi waherewe igihembo muri America yavuze akamuri ku mutima

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwandakazi waherewe igihembo muri America yavuze akamuri ku mutima

Umunyarwandakazi waherewe igihembo muri America yavuze akamuri ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.