Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi

radiotv10by radiotv10
28/09/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Tsimane ni ubwoko bw’abantu bo muri Bolivia baba mu ishyamba rya Amazon, bazwiho kurambana imbaraga kurusha abandi bo mu bice byose by’Isi, ku buryo umukecuru w’imyaka 100 ajya guhinga, gusarura ndetse ariwe ukora imirimo yose yo mu rugo.

Ubuzima bwabo bwa buri munsi batungwa n’imirimo irimo kuroba, guhiga, guhinga, no korora amatungo magufu byumwihariko ingurube basanzwe baha agaciro cyane.

Itsinda ry’abanyamakuru ryabasuye babanje kubateguza ko muri ako gace ntawugenda buhoro waba muto cyangwa ukuze. Bakihagera bakubitanye n’umukecuru w’imyaka 84 y’amavuko Martina Gacci Nate bamusanze yagiye gukura imyumbati no gutema igitoki cyo guteka, abakirana ubwuzu, icyakora uburyo yakoraga akanagenda yihuta byatumaga abanyamakuru bamusaba ko bahagarara ngo babanze baruhuke.

Mu giturage aho batuye, si we wenyine ukuze kandi ugifite imbaraga uri muri iyi myaka, kuko hari n’umusaza w’imyaka 78 usanzwe ari umuhigi, avuga ko mbere yashoboraga kumara iminsi 2 agenda mu nzira bigasa kandi akumva nta munaniro.

Hilda Ganci Nate na Pablo Ganci Nate, ni umugore n’umugabo batazi neza imyaka yabo, gusa ngo bagereranyije n’igihe babatirijwe n’imyaka bamaranye, bavuga ko bafite hejuru y’imyaka 100 y’amavuko. Ubarebye inyuma ntiwayibakekera, kuko bagaragara nk’abari mu kigero cy’imyaka 60.

Aba kandi baracyafite imbaraga, gusa bagira bimwe mu bimenyetso by’izabukuru, nko kubabara mu mavi ariko ahandi hose ngo baba bumva ari imbirizi.

Pablo we yemera ko akiri muryerye. Imirimo bakora ni uguhinga no gusarura umuceri, ikorwa nabakuze. Aha baganiraga n’umunyamakuru bamubwira ibanga ryo kuramba kwabo.

Mukecuru Hilda ati “Dufatanya imirimo, hari ubwo njya ku bihingwa bimwe, na we agafata ibindi. Pablo yitwara neza ariko arakara nabi.”

Muzehe Pablo na we yagize ati “Kugira ngo ukomere uba ugomba kurya amafi, ariko ukayarya ari mu isupu gusa, nyuma ukanywa ikinyobwa cyitwa chichi, bitaba ibyo ukarya ipapaye, amaronji.”

Muri aka gace, biragoye ko wahasanga ibyakorewe mu nganda nk’isukari, itabi cyangwa inzoga. Abahatuye ntibajya banywa ibiyobyabwenge na bicye.

Nubwo abashakashatsi bakomeje gushakisha ibanga rituma abo muri aka gace badasaza vuba bagakomeza gukomera ndetse n’ubwonko bugakora neza ugereranyije n’abandi bari mu kigero kimwe n’icyabo ku isi, ntiharamenyekana ikibitera, gusa abashakashatsi benshi bahuriza ku mibereho yabo ya buri munsi no gukunda gukora.

Ibiribwa bakunze kurya ni imyumbati, ibitoki, ibigori, umuceri n’imbuto.

Ibarura ryakozwe muri ako gace, ryagaragaje ko abakuze nk’abo bagenda ibilometero 12 ku munsi, mu gihe ahandi ku isi umuntu ufite ubuzima bwiza asabwa kugenda byibura ibilometero 8.

Mukecuru Hilda ari mu bakorerwa isuzuma ry’ubuzima kenshi ry’abakuze nko gusuzuma indwara yo kwibagirwa ikunze gufata abageze mu myaka nk’iye ariko ngo buri gihe basanga ubwonko bwe bukora vuba kandi akibuka ibintu byinshi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Hari abasaba Minisiteri y’Ingabo kwibuka isezerano ry’ibyo bumvikanye mu myaka ibiri ishize

Next Post

Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Related Posts

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

by radiotv10
24/07/2025
0

Pasiteri Marcelo Tunasi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri mu bakozi b’Imana bakurikirwa na benshi muri Afurika, yashyingiranywe...

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

IZIHERUKA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva
MU RWANDA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

25/07/2025
Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

25/07/2025
Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.