Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in MU RWANDA
0
Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi n’imizigo ku magare mu mujyi wa Nyanza, bavuga ko hari ababafata bavuga ko ari Abapolisi ariko batambaye impuzankano, ku buryo hari n’ababiyitirira bakabiba amagare yabo.

Aba banyonzi bavuga ko badashobora gutandukanya abapolisi cyangwa abajura mu gihe babafata iyo bakoze amakosa mu muhanda,

Umwe ati “Ubundi dusanzwe dufatwa n’abapolisi bakaza bambaye imyenda isanzwe itari iy’akazi ntibanerekane ibyangombwa byabo, bigatuma hari n’ababiyitirira bakatwambura amagare yacu bakayajyana twajya kuri polisi bakatubwira ko ntayahari.”

Aba banyonzi bavuga ko bajya banabaza ibyangombwa by’abo baza kubafata kugira ngo bizere ko bakorera uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, ariko bakanga kubibereka.

Undi ati “ibyo rero bidutera ikibazo bitewe nuko akenshi twibwa amagare yacu. Ntabwo twanze abadufata mu gihe turi mu makosa ariko koko niba ari abapolisi bakabaye badufata bambaye umwenda w’akazi cyangwa bakatwereka ibyangomwa bibaranga mu rwego rwo kwirinda abajura batwambura amagare yacu.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye avuga ko ubusanzwe iyo Abapolisi bari mu kazi baba bambaye umwambaro w’akazi, ariko ko aho batawambaye baba bafite ibyangombwa bibaranga bityo ko ari uburenganzira bwa buri wese kubaza ibyangombwa mu gihe agize amakenga.

Ati “Akenshi iyo turi mu bikorwa byo gucunga umutekano wo mu muhanda tuba twambaye umwenda w’akazi uturanga nk’Abapolisi, ariko bitewe n’imiterere y’igikorwa cya polisi turimo, rimwe na rimwe dushobora no kwambara imyenda isanzwe ariko dufite ikarita y’akazi ituranga, kandi n’umuturage afite uburenganzira bwo kutubaza ikarita y’akazi.”

Akomeza agira ati “Abaturage basabwa kugira amakenga mu gihe bafashwe n’utujuje ibyavuzwe haruguru bakamenyesha Polisi agafatwa agakurikiranwa.”

Aba batwara abantu n’ibintu ku magare bo mu karere ka Nyanza bavuga ko aba babafata bakabatwarira amagare, akenshi babikora iyo bari kuva mu kazi mu masaha y’umugoroba, cyangwa bakabasanga aho baparitse babwirwa ko baparitse nabi.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Hazamuwe amajwi atabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bamaze igihe bafunzwe by’urujijo

Next Post

Menya abakinnyi Amavubi yahagurukanye ajya gushaka uko yakongera guha Abanyarwanda ibyishimo baheruka mu myaka 20

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abakinnyi Amavubi yahagurukanye ajya gushaka uko yakongera guha Abanyarwanda ibyishimo baheruka mu myaka 20

Menya abakinnyi Amavubi yahagurukanye ajya gushaka uko yakongera guha Abanyarwanda ibyishimo baheruka mu myaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.