Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in MU RWANDA
0
Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi n’imizigo ku magare mu mujyi wa Nyanza, bavuga ko hari ababafata bavuga ko ari Abapolisi ariko batambaye impuzankano, ku buryo hari n’ababiyitirira bakabiba amagare yabo.

Aba banyonzi bavuga ko badashobora gutandukanya abapolisi cyangwa abajura mu gihe babafata iyo bakoze amakosa mu muhanda,

Umwe ati “Ubundi dusanzwe dufatwa n’abapolisi bakaza bambaye imyenda isanzwe itari iy’akazi ntibanerekane ibyangombwa byabo, bigatuma hari n’ababiyitirira bakatwambura amagare yacu bakayajyana twajya kuri polisi bakatubwira ko ntayahari.”

Aba banyonzi bavuga ko bajya banabaza ibyangombwa by’abo baza kubafata kugira ngo bizere ko bakorera uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, ariko bakanga kubibereka.

Undi ati “ibyo rero bidutera ikibazo bitewe nuko akenshi twibwa amagare yacu. Ntabwo twanze abadufata mu gihe turi mu makosa ariko koko niba ari abapolisi bakabaye badufata bambaye umwenda w’akazi cyangwa bakatwereka ibyangomwa bibaranga mu rwego rwo kwirinda abajura batwambura amagare yacu.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye avuga ko ubusanzwe iyo Abapolisi bari mu kazi baba bambaye umwambaro w’akazi, ariko ko aho batawambaye baba bafite ibyangombwa bibaranga bityo ko ari uburenganzira bwa buri wese kubaza ibyangombwa mu gihe agize amakenga.

Ati “Akenshi iyo turi mu bikorwa byo gucunga umutekano wo mu muhanda tuba twambaye umwenda w’akazi uturanga nk’Abapolisi, ariko bitewe n’imiterere y’igikorwa cya polisi turimo, rimwe na rimwe dushobora no kwambara imyenda isanzwe ariko dufite ikarita y’akazi ituranga, kandi n’umuturage afite uburenganzira bwo kutubaza ikarita y’akazi.”

Akomeza agira ati “Abaturage basabwa kugira amakenga mu gihe bafashwe n’utujuje ibyavuzwe haruguru bakamenyesha Polisi agafatwa agakurikiranwa.”

Aba batwara abantu n’ibintu ku magare bo mu karere ka Nyanza bavuga ko aba babafata bakabatwarira amagare, akenshi babikora iyo bari kuva mu kazi mu masaha y’umugoroba, cyangwa bakabasanga aho baparitse babwirwa ko baparitse nabi.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − sixteen =

Previous Post

Hazamuwe amajwi atabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bamaze igihe bafunzwe by’urujijo

Next Post

Menya abakinnyi Amavubi yahagurukanye ajya gushaka uko yakongera guha Abanyarwanda ibyishimo baheruka mu myaka 20

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abakinnyi Amavubi yahagurukanye ajya gushaka uko yakongera guha Abanyarwanda ibyishimo baheruka mu myaka 20

Menya abakinnyi Amavubi yahagurukanye ajya gushaka uko yakongera guha Abanyarwanda ibyishimo baheruka mu myaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.