Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abatwara abagenzi n’abanyeshuri batabifitiye uburenganzira bahagurukiwe

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in MU RWANDA
0
Abatwara abagenzi n’abanyeshuri batabifitiye uburenganzira bahagurukiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ryatangiye gukora umukwabu wo kurwanya abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange n’abanyeshuri batabifitiye uruhushya, ndetse hakaba hafashwe imodoka 45.

Ni igikorwa cyatangiye mu cyumweru gishize, kigamije gufata imodoka zose zifashishwa mu gutwara abagenzi cyangwa abanyeshuri, zidafitiwe ibyangombwa.

Iki gikorwa kandi kiranareba na Bisi zisanzwe zikorera mu bice by’Intara, zikaba zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, na zo zikaba zizajya zifatwa.

Umuvugizi w’Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, avuga ko uyu mukwabu watangiye nyuma yuko bigaragaye ko zimwe muri Koperative zitwara abagenzi zikora mu buryo budakurikije ibyangombwa zahawe ndetse ntizinakorere mu mihanda zahawe gukoreramo, ku buryo byatezaga akajagari bikanabangamira andi makoperative.

Ati “Ni yo mpamvu ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), twatangije ibikorwa byo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza agenga gutwara abantu n’ibintu, imodoka zigera kuri 45 zikaba zimaze gufatwa.”

SP Kayigi yavuze ko hari abafata imodoka ntoya cyane cyane izifite imyanya 7, bakazikoresha mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, hakaba na bisi zikoreshwa mu Mujyi nyamara zifite uruhushya rwo gukorera mu Ntara.

Ati “Uzasanga dufashe urugero nko ku modoka zitwara abagenzi mu Ntara y’Iburasirazuba, zifatiye Nyabugogo abagenzi bagiye i Remera cyangwa i Kabuga, zahindukira nanone zigafatira i Remera n’i Kabuga, abagenzi berekeza Nyabugogo.”

Yakomeje agira ati “Ni cyo kimwe no kuri bisi zerekeza mu Ntara y’Amajyepfo, usanga zikora nk’izifite uruhushya rwo gukorera mu Mujyi wa Kigali, zifatira abagenzi ahazwi nko kuri Ruliba no ku Gitikinyoni.”

Nanone kandi hari imodoka zifashishwa mu gutwara abagenyeshuri zitabifitiye uruhushya, na zo zikaba zirebwa n’uyu mukwabu watangiye gukorwa na Polisi y’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + eight =

Previous Post

Bahishuye ibanga ryihishe inyuma y’igituma Inka zagenewe abatishoboye zihabwa abifite

Next Post

Rwakomeje kwambikana muri Liban nubwo America yari yagiriye inama Israel

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwakomeje kwambikana muri Liban nubwo America yari yagiriye inama Israel

Rwakomeje kwambikana muri Liban nubwo America yari yagiriye inama Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.