Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Arsenal igiye guhura n’iyoboye shampiyona ishobora kutagaragaramo undi mukinnyi nyuma y’abarimo Kapiteni

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Arsenal igiye guhura n’iyoboye shampiyona ishobora kutagaragaramo undi mukinnyi nyuma y’abarimo Kapiteni
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Arsenal ibura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ihure na Liverpool iyoboye Shampiyona y’u Bwongereza, yavunikishije myugariro wayo, Umutaliyani Riccardo Calafiori, uje wiyongera ku barimo kapiteni Martin Ødegaard na Bukayo Saka, isanzwe igenderaho.

Ni imvure yagiriye mukino ikipe ye yakiragamo ikipe ya Shakhtar Donetsk yo muri Ukraine kuri Stade ya Emirates Stadium, aho buri kipe yakinaga umukino wayo wa 3 muri UEFA Champions League 2024-2025.

Arsenal yanatsinze uyu mukino ku gitego 1-0, yavunikije uyu myugariro Riccardo Calafiori wavunitse ku munota wa 68’ w’umukino.

Nubwo uyu mukinni yari yabanje gukomeza gukina uyu mukino nyuma y’ikibazo cy’imvure yo mu ivi, nyuma y’iminota 4 gusa, ku munota wa 72, yisabiye gusimbuzwa, aho yahise avanwa mu kibuga asimburwa na Myles Lewis-Skelly.

Imvune ya Riccardo Calafiori ije mu gihe habura iminsi micye ngo ikipe ya Arsenal yakire Liverpool muri Shampiyona y’u Bwongereza dore ko aya makipe yombi azacakirana kuri iki Cyumweru, tariki 27 Ukwakira 2024.

Arsenal iherutse gutsindwa n’ikipe ya Bournemouth muri Shampiyona, izaba isabwa kwitwara neza muri uyu mukino kugira ngo yigarurire icyizere, dore ko iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 17, mu gihe Liverpool bigiye guhura iyoboye urutonde n’amanota 21.

Mikel Artera utoza ikipe ya Arsenal, nyuma y’umukino wa Shakhtar Donetsk, ubwo yari abajijwe na TNT Sports kuri iyi mvune ya Riccardo Calafiori n’igihe azamara adakina, yagize ati “sinzi uko bimeze. Yumvaga atameze neza ku buryo atakomeza gukina, rero bisa n’aho yagizemo akabazo.”

Uyu mutoza, Mikel Arteta, kandi mu kiganiro n’itangazamakuru yaje kubishimangira muri aya magambo agira ati “yagombaga gusohoka mu kibuga cyane ko yumvaga ari kubabara, sinzi igihe imvune ye izakirira, nta yandi makuru mfite muri aka kanya.”

Imvune ya Riccardo Calafiori ije yiyongera ku z’abandi bakinnyi ba Arsenal, barimo Bukayo Saka, umaze imikino ibiri adakina kubera imvune izwi nka ‘Hamstring Injury’, kapiteni Martin Ødegaard, umaze ukwezi n’igice adakina kubera imvune y’akagombambari (ankle injury), Jurrien Timber, Kieran Tierney n’Umuyapani Takehiro Tomiyasu.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − seventeen =

Previous Post

Hatangajwe umubare w’amafaranga ya ruswa ishinjwa Umushinjacyaha waregewe Ubushinjacyaha

Next Post

Dore inama Polisi y’u Rwanda yagiriye uwayisabye ko yamufunga ku bushake bwe

Related Posts

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

by radiotv10
17/10/2025
0

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w'imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune,...

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
16/10/2025
0

Ikipe ya Police FC iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa iminsi itatu, yatandukanye na Muhadjiri Hakizimana wari...

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Nyuma yuko Amavubi yongeye gutenguha Abanyarwanda harakurikiraho iki?

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yatangaje ko nyuma yuko Ikipe y’Igihugu itsinzwe imikino ibiri yikurikiranya, hagiye gushakwa uburyo hategurwa...

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

by radiotv10
14/10/2025
0

Manishimwe Djabel wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC yanabereye kapiteni, wari umaze igihe yaragiye...

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

by radiotv10
14/10/2025
0

Phanuel Kavita uri mu bakinnyi bigaragaje mu mukino u Rwanda ruheruka gukina na Benin, byemejwe ko atagaragara mu mukino uhuza...

IZIHERUKA

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe
IBYAMAMARE

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

17/10/2025
Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

17/10/2025
Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore inama Polisi y’u Rwanda yagiriye uwayisabye ko yamufunga ku bushake bwe

Dore inama Polisi y’u Rwanda yagiriye uwayisabye ko yamufunga ku bushake bwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.