Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Arsenal igiye guhura n’iyoboye shampiyona ishobora kutagaragaramo undi mukinnyi nyuma y’abarimo Kapiteni

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Arsenal igiye guhura n’iyoboye shampiyona ishobora kutagaragaramo undi mukinnyi nyuma y’abarimo Kapiteni
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Arsenal ibura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ihure na Liverpool iyoboye Shampiyona y’u Bwongereza, yavunikishije myugariro wayo, Umutaliyani Riccardo Calafiori, uje wiyongera ku barimo kapiteni Martin Ødegaard na Bukayo Saka, isanzwe igenderaho.

Ni imvure yagiriye mukino ikipe ye yakiragamo ikipe ya Shakhtar Donetsk yo muri Ukraine kuri Stade ya Emirates Stadium, aho buri kipe yakinaga umukino wayo wa 3 muri UEFA Champions League 2024-2025.

Arsenal yanatsinze uyu mukino ku gitego 1-0, yavunikije uyu myugariro Riccardo Calafiori wavunitse ku munota wa 68’ w’umukino.

Nubwo uyu mukinni yari yabanje gukomeza gukina uyu mukino nyuma y’ikibazo cy’imvure yo mu ivi, nyuma y’iminota 4 gusa, ku munota wa 72, yisabiye gusimbuzwa, aho yahise avanwa mu kibuga asimburwa na Myles Lewis-Skelly.

Imvune ya Riccardo Calafiori ije mu gihe habura iminsi micye ngo ikipe ya Arsenal yakire Liverpool muri Shampiyona y’u Bwongereza dore ko aya makipe yombi azacakirana kuri iki Cyumweru, tariki 27 Ukwakira 2024.

Arsenal iherutse gutsindwa n’ikipe ya Bournemouth muri Shampiyona, izaba isabwa kwitwara neza muri uyu mukino kugira ngo yigarurire icyizere, dore ko iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 17, mu gihe Liverpool bigiye guhura iyoboye urutonde n’amanota 21.

Mikel Artera utoza ikipe ya Arsenal, nyuma y’umukino wa Shakhtar Donetsk, ubwo yari abajijwe na TNT Sports kuri iyi mvune ya Riccardo Calafiori n’igihe azamara adakina, yagize ati “sinzi uko bimeze. Yumvaga atameze neza ku buryo atakomeza gukina, rero bisa n’aho yagizemo akabazo.”

Uyu mutoza, Mikel Arteta, kandi mu kiganiro n’itangazamakuru yaje kubishimangira muri aya magambo agira ati “yagombaga gusohoka mu kibuga cyane ko yumvaga ari kubabara, sinzi igihe imvune ye izakirira, nta yandi makuru mfite muri aka kanya.”

Imvune ya Riccardo Calafiori ije yiyongera ku z’abandi bakinnyi ba Arsenal, barimo Bukayo Saka, umaze imikino ibiri adakina kubera imvune izwi nka ‘Hamstring Injury’, kapiteni Martin Ødegaard, umaze ukwezi n’igice adakina kubera imvune y’akagombambari (ankle injury), Jurrien Timber, Kieran Tierney n’Umuyapani Takehiro Tomiyasu.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 8 =

Previous Post

Hatangajwe umubare w’amafaranga ya ruswa ishinjwa Umushinjacyaha waregewe Ubushinjacyaha

Next Post

Dore inama Polisi y’u Rwanda yagiriye uwayisabye ko yamufunga ku bushake bwe

Related Posts

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore inama Polisi y’u Rwanda yagiriye uwayisabye ko yamufunga ku bushake bwe

Dore inama Polisi y’u Rwanda yagiriye uwayisabye ko yamufunga ku bushake bwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.